The Brothers

Kubijyanye na Wikipedia
brother

The Brothers ni itsinda ryatangiye gukora muzika mu mwaka wa 2004 ni rimwe mu matsinda atazigera yibagirana muri muzika nyarwanda aho ryakoze indirimbo zakunzwe cyane naba nya Rwanda nubwo ryaje gutandukana[1] burimwe wese akajya akora indirimbo kugiti cye ubu bamwe muribo bakaba ari abahanzi bazwi kugeza ubu.[2]

AMATEKA[hindura | hindura inkomoko]

The Brothers ni itsinda ryari rigizwe na Victor Fideli, Danny Vumbi na Ziggy 55 ,ryatangiye kuririmba mu mwaka wa 2004 ubwo bari ari babiri gusa Danny na Victor Fidele. Ziggy yaje kwinjiramo mu mwaka wa 2006.

Kugirango iritsinda rivuke umuhanzi Victor Fideli yahuriye na Danny Vumbi muri kaminuza y'uRwanda ishami ry'uburezi rizwi nka KIE nuko yumva aririmba neza biyemeza gutangirana urugendo rw'ubuhanzi. Iri zina baryiyise biturutse kurugero rubi u Rwanda rwanyuzemo nuko biyemeza kubaho bitwa abavandimwe.

IBIHEMBO[hindura | hindura inkomoko]

Iri tsinda ryatwaye ibihembo bigiye bitandukanye harimo icya

Never again 2004,

PAM Awards 2006,

Salax Awards 2008,

Ijoro ry'ukundo Awards 2009

East African Music Awards 2011 ni bindi.iri tsinda ryamenyekanye mundirimbo zirimo "Ikirori, Nyemerera,Nagutura iki? N'izindi nyishi.[3]

AMASHAKIRO[hindura | hindura inkomoko]

  1. "Archive copy". Archived from the original on 2022-09-24. Retrieved 2022-09-24.{{cite web}}: CS1 maint: archived copy as title (link)
  2. https://inyarwanda.com/inkuru/83670/ziggy55-yongeye-gukomoza-kukuba-itsinda-rya-the-brothers-rya-83670.html
  3. "Archive copy". Archived from the original on 2022-09-24. Retrieved 2022-09-24.{{cite web}}: CS1 maint: archived copy as title (link)