Ibitaro bya Gisirikare by'u Rwanda

Kubijyanye na Wikipedia
Ibitaro

Ibitaro bya Gisirikare by'u Rwanda, ni bimwe mu bitaro bikuru by'igihugu, aho byakira abarwayi baturutse hirya no hino mu gihugu baje kuvurwa n'inzobere zihakorera[1].

Aho biherereye[hindura | hindura inkomoko]

Ibi bitaro bihererey mu mujyi wa Kigali, Akarere ka Kicukiro, i kanombe ku muhanda wa KK739ST.

Ibitaro bya Gisirikare biherereye i Kanombe

Imikorere[hindura | hindura inkomoko]

Ibitaro bya gisirikare by'u Rwanda bikorera mu buryo butandukanye aho byakira kandi bikohereza abarwayi ba Gisirikare n’abasivili aho bibaye ngombwa ndetse no ku nzobere zitandukanye nka[2]:

  • Ubuvuzi bw’amagufa
  • Ubuvuzi rusange
  • Ububazi bw'ubwonko n'urutirigingo,
  • kubyaza nibijyanye nabyo,
  • Ubuvuzi bw'indwara z'imbere mu mubiri,
  • Ubuvuzi bw'abana,
  • Ubuvuzi bw'indwara z'uruhu
  • nibindi…

Icyerekezo & Intego[hindura | hindura inkomoko]

Icyerekezo: kugira ubuziranenge bwuzuye kandi butanga ubuvuzi bwiza.

Intego: Gutanga ubuvuzi bwiza ku baturage muri rusange n'abakozi ba gisirikare[3].

Reba[hindura | hindura inkomoko]

  1. https://rwandamilitaryhospital.rw/index.php?id=23