Jump to content

Amateka y'Ibirwa biri mu Kiyaga cya Kivu

Kubijyanye na Wikipedia

Ikiyaga cya Kivu[1]

[Hindura | hindura inkomoko]

Ikiyaga cya Kivu ni cyo kiyaga kinini mu Rwanda cyikaba gikurura imbaga y'abantu haba Abanyarwanda ndetse n'abandi baturutse mu bihugu bitandukanye. Igice cyacyo kimwe kiri ku ruhande rw'u Rwanda mu gihe ikindi kiri muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo.[1]

Ku ruhande rw'u Rwanda gikora ku turere tune aritwo Rusizi, Nyamasheke,Karongi na Rubavu, aha hakaba harangwa n'ibyiza nyaburanga bitandukanye birimo nk'amahoteri akikije ikiyaga ndetse n'umucanga abantu bidagaduriramo.[1]

Ibi ni ibigaragara inyuma ariko imbere muri iki kiyaga harimo ibirwa bitandukanye byuje ubwiza butandukanye bituma uwabigezeho atifuza gutaha.[1]

Ikiyaga cya Kivu







Ibirwa biri mu kiyaga cya Kivu

[Hindura | hindura inkomoko]

Ikirwa cya Nkombo[1]

[Hindura | hindura inkomoko]

Nkombo ni cyo kirwa kinini mu kiyaga cya kivu kuko gifite ubuso bungana na Kilometero kare 29.7 harimo Kilometero kare 22.7 z'ubutaka na Kilometero kare 7z'amazi, uyu kaba ari umurenge wose uri mu karere ka Rusizi.[1]

Iki kirwa gituwe n'abaturage bakabakaba ibihumbi 18, gikurura abatari bake bashaka kujya kureba ukunru abantu batuye hagati mu mazi ndetse bakururwa n'imico yabo itandukanye n'isanzwe irimo nk'ururimi rw'Amashi rwumvwa n'abaho gusa ndetse n'imbyino zabo ziziwi nko gusama.[1]

Iki kirwa nta terambere ryaharangwaga mu myaka yashize ariko muri iyi myaka ryarahageze kuko haboneka ibikorwa remezo bitandukanye nk'umuriro, amazi meza , amashuri , ivuriro ndetse na hoteli.[1]


Ikirwa cya Gihaya[1]

[Hindura | hindura inkomoko]

Gihaya na ho ni mu karere ka Rusizi ndetse ni hafi na Nkombo ariko ho ni hato. Ni ikirwa ba mukerarugendo bakunda kujya gusura bashaka kurira imisozi ndetse no gutembera mu bwato. Ubuzima bwaho ni nk'ubwo ku nkombo.[1]

Akarwa k'Abakobwa[1]

[Hindura | hindura inkomoko]

Aka ni akarwa kari mu karere ka Nyamasheke gafite amateka akomeye mu Rwanda, kera bajyaga ku kajugunyaho abakobwa babaga baratwaye inda z'indaro ngo badateza ishyano ku musozi.[1]

Abantu baturutse imihanda yose biganjemo igitsina gore bajya kuhasura bagira ngo barusheho kumenya amakuru y'uko byagendaga ku bakobwa bahajugunywaga.[1]

Ikirwa cya Nyamunini[1]

[Hindura | hindura inkomoko]

Nyamunini izwi cyane nka Napoleon Island, ni ikirwa kiri mu kiyaga cya Kivu ku ruhande rwa Karongi. Iki ni kimwe mu birwa bikurura ba mukerarugendo bitewe n'ubwoko bw'inyoni butandukanye buhari ndetse n'imbuto zihari.[1]

Ikirwa cy' Amahoro[1]

[Hindura | hindura inkomoko]

Amahoro na cyo kiri ku ruhande rwa Karongi, nk'uko cyitwa amahoro koko ngo gitemberwa n'abantu babuze amahoro muri bo kandi ngo bahageze bakabona amazi agikikije n'amajwi y'inyoni ziririrmba bakumva buzuye amahoro muri bo.[1]

Ikirwa cya Nyakarwa[1]

[Hindura | hindura inkomoko]

Nyakarwa ni ikirwa giherereye mu karere ka Karongi cyizwiho kugira inyoni zitandukanye. Uwahageze nta yandi majwi aba yumva usibye urusobe rw'amajwi atandukanye y'inyoni.[1]

Ikirwa cya Mpembe[1]

[Hindura | hindura inkomoko]

Mpembe na yo iherereye muri Karongi akaba ari icyirwa kigengwa n'umuntu ku giti cye,aho yashyizeho ahantu hangana n'ibilometero bine abantu bagenda n'amaguru. Gikurura benshi kuko kibafasha kuruhuka mu buryo bwihariye.[1]

Si ibi birwa gusa biri muri iki kiyaga kuko muri 2012, Ikigo cy'Igihugu cyo kubungabunga ibidukikije (REMA), cyatangaje ko mu kiyaga cya Kivu habarizwamo ibirwa 250. Muri byo, 56 biri ku ruhande rw'u Rwanda. Ibi twavuze ni ibyo ba mukerarugendo bakunze gusura .[1]

Amashakiro:

[Hindura | hindura inkomoko]
  1. 1.00 1.01 1.02 1.03 1.04 1.05 1.06 1.07 1.08 1.09 1.10 1.11 1.12 1.13 1.14 1.15 1.16 1.17 1.18 1.19 1.20 1.21 https://igihe.com/ubukerarugendo/article/bimwe-mu-birwa-bitatse-ibyiza-nyaburanga-mu-kiyaga-cya-kivu