Kirehe Greening

Kubijyanye na Wikipedia
Akarere ka Kirehe

Akarere ka Kirehe kemejwe nk’umwe mu mijyi yunganira Umujyi wa Kigali igomba gutezwa imbere, ku buryo hari impinduka zatangiye kugaragara mu iterambere yaba mu bikorwaremezo n’imiturire. Kuri ubu Nyakarambi ifatwa nk’umujyi mukuru w’Akarere ka Kirehe ituwe n’abaturage bagera ku bihumbi 25.[1][2][3]

Kirehe Greening[hindura | hindura inkomoko]

Mu bice byagenewe ubusitani ku mihanda yo mu Mujyi wa Nyakarambi mu Karere ka Kirehe hari kurimbishwa haterwa imikindo n’ibyatsi bya Pasiparumu muri gahunda yiswe ‘Kirehe Greening’ igamije kugira Kirehe itoshye kandi ikeye.[1][4][2][3]

Isuku muri Kirehe
Ibiti

ISUKU[hindura | hindura inkomoko]

bwo hatangizwaga ubukangurambaga ku isuku, umutekano no kurwanya igwingira mu Karere ka Kirehe habayeho no gushyira haba mu mujyi wa Nyakarambi no mu zindi santere zihuriramo abantu benshi ibyapa bikangurira abantu kugira isuku, kwita ku mutekano no kurwanya igwingira; no gushyiraho za Pubeli cyangwa ahagenewe gushyirwa imyanda mu rwego rwo kurwanya umwanda no kubungabunga ibidukikije.[1][4][2][3]

IBITI[hindura | hindura inkomoko]

Akarere ka Kirehe kari muri gahunda yo gutera ibiti ku mbande zombi z’umuhanda munini wa kaburimbo[Ngoma-Rusumo] uva ahitwa Cyunuzi mu Murenge wa Gatore, kugeza ku mupaka wa Rusumo.[1][4][2][3]

AMASHAKIRO[hindura | hindura inkomoko]

  1. 1.0 1.1 1.2 1.3 https://muhaziyacu.rw/amakuru/kirehe-ihere-amaso-uko-umujyi-wa-nyakarambi-uri-kurimbishwaamafoto/
  2. 2.0 2.1 2.2 2.3 https://www.kigalitoday.com/Kirehe
  3. 3.0 3.1 3.2 3.3 https://www.igihe.com/amakuru/article/kirehe-imishinga-igamije-guhangana-n-ingaruka-z-imihindagurikire-y-ibihe
  4. 4.0 4.1 4.2 https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kirehe-ishyamba-rya-ibanda-makera-rigiye-kugirwa-icyanya-cy-ubukerarugendo