Abarinzi b’igihango bo mu Karere ka Rwamagana
Abarinzi b'igihango
[Hindura | hindura inkomoko]Ni abantu bagizwe n’abagize uruhare mu guhisha no kurengera abahigwaga muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, n’abandi bakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu guteza imbere ubumwe bw’abanyarwanda no guhuza Abanyarwanda.[1],[2],[3]Abarinzi b’igihango bo mu Karere ka Rwamagana bashishikarizwa kwitwara neza bakirinda kwishora mu byaha bikomeye byatuma bakwa iryo shimwe nkuko bigarukwaho n'Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana mu butumwa bwatanzwe ubwo hatangizwaga ukwezi k’ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda, n’igikorwa cyabereye ku biro by’umurenge wa Muhazi kuri uyu wa 04 Ukwakira 2022.[1],[4]
Ishimwe rihabwa Abarinzi b'igihango
[Hindura | hindura inkomoko]Abarinzi b’igihango bahabwa imidari y’ishimwe ku bakiriho, naho abatakiriho bahabwa ibyemezo by'ishimwe mu imiryango yabo.
Mu murenge wa Muhazi, umwe mu abarinzi b'igihangao Mukabaranga Patricie ufite imyaka 52, muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 afatanyije n’umubyeyi we bahishe abantu bane barabarinda kugeza ubwo ingabo z’Inkotanyi zibatabaye. [1]
Amashakiro:
[Hindura | hindura inkomoko]- ↑ 1.0 1.1 1.2 https://muhaziyacu.rw/amakuru/rwamagana-abarinzi-bigihango-basabwe-gukomeza-kwitwara-neza/
- ↑ "Archive copy". Archived from the original on 2024-09-09. Retrieved 2024-09-09.
{{cite web}}: CS1 maint: archived copy as title (link) - ↑ https://inyarwanda.com/inkuru/121617/rwamagana-abarinzi-bigihango-basabwe-gukomeza-kuba-intangarugero-121617.html
- ↑ http://mobile.igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarinzi-b-igihango-icumi-bagiye-gushimirwa