Ubundi buzima bw’ingagi zo mu rw’imisozi igihumbi

Kubijyanye na Wikipedia

Buri mwaka ba mukerarugendo babarirwa muri miliyoni bagenderera u Rwanda, bashaka gusura no kwihera ijisho ingangi zo mu misozi miremire ziba muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga cyane ko zisigaye hake ku Isi.

Kugeza ubu ingagi zibarirwa muri imwe mu mitungo ikomeye u Rwanda rufite kuko ubukerarugendo buzishingiyeho buri mu bwinjiriza igihugu akayabo.

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwatangaje ko muri miliyoni 498$ u Rwanda rwinjije mu 2019 rubikesha ubukerarugendo, agera kuri 14% yaturutse ku bushingiye ku ngagi. Ayo mafaranga yatanzwe na ba mukerarugendo miliyoni 1,63 basuye u Rwanda muri uwo mwaka.

Reba[hindura | hindura inkomoko]

[1]

  1. http://mobile.igihe.com/ibidukikije/inyamaswa/article/ubundi-buzima-bw-ingagi-zo-mu-rw-imisozi-igihumbi