Ubundi buzima bw’ingagi zo mu rw’imisozi igihumbi
Buri mwaka ba mukerarugendo babarirwa muri miliyoni bagenderera u Rwanda, bashaka gusura no kwihera ijisho ingangi zo mu misozi miremire ziba muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga cyane ko zisigaye hake ku Isi.
Kugeza ubu ingagi zibarirwa muri imwe mu mitungo ikomeye u Rwanda rufite kuko ubukerarugendo buzishingiyeho buri mu bwinjiriza igihugu akayabo.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwatangaje ko muri miliyoni 498$ u Rwanda rwinjije mu 2019 rubikesha ubukerarugendo, agera kuri 14% yaturutse ku bushingiye ku ngagi. Ayo mafaranga yatanzwe na ba mukerarugendo miliyoni 1,63 basuye u Rwanda muri uwo mwaka.