Ubukangurambaga bwa Global Goal Jam mu Rwanda

Kubijyanye na Wikipedia

Mu 2018 na 2019, Green Protector yateguye ubukangurambaga bwiswe Global Goal Jam mu Rwanda. Global Goal Jam ni ubukangurambaga bumara iminsi ibiri ku isi hose aho abantu bafite dushya bahura bakigira hamwe ibibazo byugarije igihugu bashingiye ku Ntego z’Iterambere Rirambye z’Umuryango w’Abibumbye. Mu 2018, twafatanyije na Gahunda y’Umuryango w’Abibumbye Yita ku Iterambere (UNDP) mu gutegura ubu bukangurambaga aho abantu bafite ubumenyi n’ubunararibonye barenga ijana basabye kwitabira. Muri abo, mirongo ine (40) nibo batoranyijwe maze bakora amatsinda icumi ariyo yigiye hamwe intego z’iterambere rirambye zashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye arizo: Kurandura ubukene, Kwimakaza ubuzima bwiza n’imibereho myiza, Uburinganire, Gukoresha ingufu zihendutse kandi zidahumanya ikirere hamwe no Kubaka imijyi irambye kandi ibereye.

Mu 2019, twafatanyije n’Abahagarariye zUmuryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda gutegura ubundi ubukangurambaga nk’ubwo bwabereye mu Rwanda . Abitabiriye ubu bukangurambaga bigiye hamwe zimwe mu Ntego z’Iterambere Rirambye ). Ubu bukangurambaga bwari butandukanye n’ubwabaye mu 2018 kuko abitabiriye babonye umwanya wo kuganira n’abaturage, bakumva ibitekerezo byabo ku gukemura ibibazo birebana n’izi Ntego z’Iterambere Rirambye . Iyo hashize iminsi bari muri icyo gikorwa, hategurwa inama mpuzamahanga aho aya matsinda agaragariza abahagarariye guverinoma z’ibihugu bitandukanye ndetse n’abafatanyabikorwa igisubizo ku ku kibazo kiri mu Ntego z’Iterambere Rirambye (SDGs) baba bakozeho ubushakashatsi. Bitewe n’uko ayo matsinda aba agizwe n’abantu bafite ubumenyi n’ubunararibonye butandukanye, bahuriza hamwe bagashaka igisubizo cy’ikibazo cyugarije isi kandi bagashyiraho ingamba z’igihe gito zitanga umusaruro mu gihe kirekire.

Amashakiro[hindura | hindura inkomoko]

https://web.archive.org/web/20230321025413/https://www.thegreenprotector.org/rw/ibyo-dukora/