Larrys Mabiala

Kubijyanye na Wikipedia
Larrys Mabiala

Larrys Mabiala, (Yavutse Ku ya 8 Ukwakira 1987 muri Montfermeil) ni Umukinnyi ukina umupira w'amaguru ukina ari mpuzamahanga ukomoka muri congo ukina nka myugariro wo hagati hamwe na Portland Timbers, muri MLS .

Umwuga[hindura | hindura inkomoko]

Paris Saint Germain[hindura | hindura inkomoko]

Yanyuze mu kigo cy’amahugurwa cya PSG, yatangiye gukinira ikipe y'umwuga mu gihe cy'umukino wa nyuma wa cumi na gatandatu wa Coupe de la Ligue na Lorient kuri Parc des Princes on20Ku ya 20 Kamena 2006 . Yasinyanye amasezerano ye yu mwuga hafi ako kanya mu Gushyingo 2006 ubwo yakomeretse mu gihe kitazwi (abaganga b'iyi kipe ntibari bazi neza imvune ye. Amaherezo yaje kugaruka avuye mu mvune muri Gashyantare 2007 abitegetswe na Paul Le Guen, ubwo yasinyaga amasezerano ye y'umwuga mu gihe cya Guy Lacombe .

Nyuma y'ibyumweru bike gusa by'imyitozo, umutoza ya hisemo ku mujyana mu cyiciro cya 16 cy'igikombe cya mbere cya UEFA i Lisbonne na Benfica . Kubura amarushanwa nyuma y'amezi ane adahuguwe, birumvikana ko afite ikibazo cyo kugaragara muri Simão .

Yahamagawe mu ikipe y'Ubufaransa munsi y'imwaka 23 ku nshuro ya mbere na René Girard ku mikino yakinnye na Danemarike na Noruveje ku ya 23 na Ku ya 27 Werurwe 2007 . Muri uyu mukino wa kabiri, yabonye cape ya mbere ya tricolor a kina mu mwanya akunda wa myugariro wo hagati (gutsindwa 1-0).

Kugira ngo yungukire ku gihe kinini cyo gukina, yatijwe muri shampiyona yo muri 2007-2008 muri Plymouth ( Shampiyona ), ariko uburambe bwo mu Bwongereza bwa ragabanutse kuko yakomeretse ivi umunsi umwe mbere y’umukino wa mbere wa shampiyona ya gombaga kwitabira. Abakozi b'ubuvuzi bahise bifuza ko yabazwe ariko abigishije inama na muganga wa PSG, yahisemo k ubyanga akurikiza ubuvuzi no gusubiza mu buzima busanzwe mu Bufaransa. Mu gihe yakiriye i Paris, umuyobozi wa Plymouth Ian Holloway yimukiye mu mujyi wa Leicester . Yasimbuwe na Paul Sturrock, maze ahitamo kubanza guhagarika inguzanyo ye. Mabiala yahise yi njira mu bakozi mu myitozo maze akina imikino ibiri n'ikipe yabigenewe bituma umuyobozi ahindura ibitekerezo, amaherezo ashaka kumugumana. Bibabaje Mabiala ariko ahitamo gusubira i Paris . Yarekuwe mu masezerano ye Ku ya 20 Ukuboza 2007 kandi ntazakina umukino uwo ariwo wose n'ikipe ya mbere.

Ku ya 5 Gashyantare 2008 , yemeye gukina n'igihugu akomokamo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, n'ikipe y'Ubufaransa A ' .

Ibihembo[hindura | hindura inkomoko]

Ikarita[hindura | hindura inkomoko]

Inyandiko[hindura | hindura inkomoko]