Ingabire Egidie Bibio
Ingabire Egidie Bibio ni umunyarwandakazi ukora umwuga w'itangazamakuru ku ikigo cy'igihugu cy'itangazamakuru mu Rwanda RBA. Yabaye perezida w'ihuriro ry'abanyamakuru b'igitsina gore mu Rwanda.
Amateka ajyanye n'umwuga
[Hindura | hindura inkomoko]Bibio ni umugore ukora mu itangaza makuru mu rurimi rw'ikinyarwanda, akayobora ibiganiro bitandukanye ndetse akaba umuyobozi w'ibiganiro bimwe na bimwe kuri Televiziyo y'u Rwanda(RTV), yabaye kandi umushyushyarugamba ndetse yabaye mu kanama gatora Miss Rwanda 2022, mo mubindi bihe bitandukanye .[1][2]

Ubuzima Bwite.
[Hindura | hindura inkomoko]Ingabire Egidie Bibio Yavukiye mu Rwanda ,yize amashuri yisumbuye mu kigo cy'ababikira kitiriwe mutagaifu Berenadeta i Save mu karere ka Gisagara, aho yize indimi nyuma aza gukomeza muri Kaminuza y'u Rwanda muri Huye niho yakuye Impamyabumenyi y'itangazamakuru, igihe yigaga muri kaminuza yakoraga kuri radiyo Salus ikorera muri uwo mugi wa Huye
Bibio kandi yaje gutorwa nk'umunyamakuru w'umugore ukuriye ihuriro ry'abanyamakuru b'igitsina gore mu Rwanda ku mwanya wa perezida, ari naho yagize umugambi mwiza wo gutoza umugore kuba umunyamakuru no gutinyuka mu buvugizi bwa bagenzi babo nk'abagore mu itangazamakuru.[3]
Kuwa 5 Kanama 2012 Egidiya yasezeranye na Sam Mandela kuba umugore we ndetse no kuzabana akaramata, akaba ari umugore yabyaye abana ndeetse n'abandi arera .[4][5]
Ubutumwa .
[Hindura | hindura inkomoko]Abagore barashoboye kandi byose babigeraho iyo bafatanije, icyambere ni ugutinyuka kandi ukagaragaza ibyo ushoboye gukora .
Amashakiro
[Hindura | hindura inkomoko]- ↑ https://www.teradignews.rw/rw/ishimwe-rya-dj-briane-kuri-hon-eduard-bamporiki-na-ingabire-bibio/
- ↑ "Archive copy". Archived from the original on 2023-08-04. Retrieved 2023-08-04.
{{cite web}}: CS1 maint: archived copy as title (link) - ↑ https://www.newtimes.co.rw/article/114856/Lifestyle/women-can-make-it-in-journalism---ingabire
- ↑ https://yegob.rw/ni-umugore-akaba-mutima-wurugo-ni-mushiki-wanjye-nkunda-kandi-nishimira-munyakazi-sadate-wigeze-kuyobora-rayon-sports-yikojeje-mu-bitabo-byinganzo-ni-uko-maze-atakagiza-umunyamakuru-wa-televi/
- ↑ https://inyarwanda.com/inkuru/40707/nababajwe-no-gusohoka-iwacu-mu-rugo-ku-munsi-w-ubukwe-bwanjye-egidie-bibio-40707.html