Imigani migufi y’Ikinyarwanda
Jump to navigation
Jump to search
Uwiba ahetse aba yigisha umwoherereze mumugongo
imigani yaseburikoko[edit | edit source]
Ababiri bajya inama baruta umunani urasana. |
Ababiri baruta umwe. |
Ababiri bashyize hamwe baruta umunani barasana. |
Ababiri bateranya abeza. |
Ababiri bica umwe. |
Ababiri bishe imbwa y’umwami. |
Ababiri ntibacibwa inka. |
Ababurana ari babiri umwe aba yigiza nkana. |
Abacuranye ubusa basangira ubundi. |
Abadapfuye ntibabura kubonana. |
Abagabanye imbisi (inyama) ntibagabana umufa. |
Abagabo babiri ntibabana mu nzu imwe. |
Abagabo bararya imbwa zikishyura. |
Abagira amenyo baraseka. |
Abagira amenyo ni museke. |
Abagira inyonjo bagira ibirori. |
Abagira iyo bajya baragenda. |
Abagiye inama Imana irabasanga. |
Abagore bagira inzara ntibagira inzigo. |
Abagore baragwira. |
Abahigi benshi bayobya imbwa (uburari). |
Abakingiranye ingabo ntibakingirana inyegamo. |
Abalinzi bajya inama inyoni zijya iyindi. |
Abantu bibuka imana iyo amakuba yababanye menshi. |
Abasangira bashonje ntawusigariza undi. |
Abasangira basigana imbyiro. |
Abasangira bike bitana ibisambo. |
Abasangira uduke (ubusa) bitana ibisambo. |
Abasobetse imisumbi ntibaba bagihishanye amabya. |
Abatanye badatata barasubirana. |
Abateranye imigeri ntibahishana amabya. |
Aberekeranye ntibabura kwendana. |
Abo umwami yahaye amata nibo bamwimye amatwi (amazi). |
Aboro babiri ntibasangira umwerera. |
Abotanye kera ntibahishanya amabya |
Abwirwa benshi akumva (akwumvwa na) bene yo. |
Agafuni kabagara ubucuti ni akarenge. |
Agahinda k’inkoko kamenywa n’inkike yatoyemo. |
Agahinda si uguhora urira. |
Agahwa kari k’uwundi karahandurika. |
Agakecuru gahaze gakina n’imyenge y’inzu. |
Agakono gashaje karyoshya ibiryo |
Agakono gashaje niko karyoshya imboga.. |
Agakungu gakuna imbwa. |
Agakungu iyo gashize agashino kayora ivu. |
Agakungu kavamo imbwa yiruka. |
Agapfa kabuliwe ni impongo. |
Agapfundikiye gatera amatsiko. |
Agasaza kamwera akandi kazakamwa? |
Agashyize kera gahinyuza inshuti. |
Agashyize kera gahinyuza intwari. |
Agasozi kagusabye amaraso ntuyakarenza. |
Agasozi kamanutse inka kazamuka indi. |
Agati gateretswe n’Imana ntigahungabanywa n’umuyaga. |
Agatinze kazaryoha ni agatuba k’uruhinja. |
Agatinze kazaza ni amenyo ya ruguru. |
Ahanze ubwana hamera ubwanwa. |
Aharaye inzara haramuka inzigo. |
Ahari amahoro, uruhu rw’imbaragasa rwisasira batanu. |
Ahari ubuhoro umuhoro urogosha. |
Aho guhana umupfu wayobya umuvu. |
Aho gupfa none wapfa ejo. |
Aho gupfa wakena. |
Aho gutera Gitera watera ikibimutera. |
Aho ibyago byaje ibihaba bica umuhoro. |
Aho ihene yonnye ihoramo. |
Aho imbwa ikubitiwe irahagaruka. |
Aho imbwa yaririye ntihava. |
Aho inkoko yasheshe ihata ibaba. |
Aho inkoko yasheshe itoye kenshi. |
Aho inkuba zerekeye ni ho ibicu bijya. |
Aho intumbi ziri ni ho inkongoro ziteranira. |
Aho kuba imbwa waba imva. |
Aho kuba umusega waba imbwa. |
Aho kunigwa n’ijambo wanigwa n’uwo uribwiye. |
Aho udatezeumugeni ntuhanga umugayo. |
Aho ujishe igisabo ntuhatera ibuye. |
Aho umubembe ali ntawe utungayo urutoki. |
Aho umutindi yanitse ntiriva. |
Aho umwaga utari uruhu rw’urukwavu rwisasira batanu. |
Aho uniga urahasanga umuhogo. |
Aho utazashaka umugeni ntuhanga umugayo. |
Aho wahishe (ujishe) igisabo, ntuhatera ibuye. |
Aho wisigiye siho uhurira na muramu wawe. |
Aho yanyuze (imboro) ntihaca urwango. |
Aho yonnye (ihene) ihoramo. |
Ak’imuhana kaza imvura ihise. |
Akababaje ababiri karabateranya. |
Akababaje umutima kazindura amaguru. |
Akabaye icwende ntikoga. |
Akabi gasekwa nk’akeza. |
Akabikora kabizi gateka imboga karitse. |
Akaboro, gato karuta amabya masa. |
Akabuno karusha isuka guca inshuro. |
Akabuno ntigasa n’akabyara gasa nako birarana. |
Akaburiye mu isiza ntikabonekera mu isakara. |
Akabuze ubuguzi gasubira (zwa) nyirako. |
Akagabo gahimba akandi kataraza. |
Akaje gahimwa n’akakazanye. |
Akaje karemerwa. |
Akamasa kazaca inka kazivukamo. |
Akameze ku murizo w’imbwa karimba kawuciye. |
Akanwa karya ntikaguhe (ntiwumve) kavuza induru ntiwumve. |
Akanyoni katagurutse ntikamenya iyo bweze. |
Akarenze umunwa karushya ihamagara. |
akariho karavugwa |
Akarimi kabi gasemera agasaya. |
Akarusha imboro kunagana baragata. |
Akarusha imbwa kwota karashya. |
Akaryoshye ntikariwe mu rw’undi. |
Akatari amagara karahahwa. |
Akazapfa kabungira akazakica. |
Akazu gato karya ubwatsi. |
Akebo kajya iwa Mugarura. |
Akeza karigura. |
Akeza karigura. |
Akeza karimara. |
Akicaro keza kikuramo umwana uzi ubwenge. |
Akiziritse ku mugozi gashirwa kawuciye. |
Akiziritse ku muhoro gasiga kawuciye. |
Ako iminsi iteruye ntikajya karemera. |
Ako imuhana kaza imvura ihise. |
Ako umukobwa ashaka karamugarika. |
Amaboko akorera inda yapfa akayipfumbata. |
Amaboko atareshya ntaramukanya. |
Amabya y’undi aryohera umugeri. |
Amacumu y’inda ntashira igorora. |
Amafuti y’umugabo nibwo buryo bwe. |
Amagambo atagira mukuru arumba ari indaro. |
Amagara araseseka ntayorwa! |
Amagara ntaguranwa amagana. |
Amage arisha umugabo ikivuza (igihaza). |
Amaherezo y’inzira ni mu nzu. |
Amareshya mugeni siyo amutunga. |
Amarira y’umugabo atemba ajya mu nda. |
Amarira y’umugabo atemba ajya mu nda. |
Amashyi make yimisha umwana impengeri. |
Amaso y’igikeri ntabuza umuvomyi kuvoma. |
Amasunzu si amasaka. |
Amata make amena menshi. |
Amata y’umukobwa aba imbere. |
Amatama masa ntasabira inka igisigati |
Amavuta y’umugabo ni amuraye ku mubiri. |
Amavuta y’umugabo ni amuraye ku murundi. |
Amazi arashyuha aliko ntiyibagirrwa iwabo wa mbeho. |
Amazi make aharirwa impfizi. |
Amenyo amerera ku majigo, inkoni igashibuka ku gishyitsi, imishino igashibuka kuri rugongo. |
Amenyo ni amabuye. |
Amirariro atera amimaro. |
Amirariro atera amimaro. |
Arenze umusozi arivovota aramutuka. |
Atari ayawe ntakurara kumubili. |
Ayo impumyi uyabara itashye (inka). |
Ayo ubwira umucuzi si yo ubwira umucuzikazi. |
B |
Babona isha itamba bagata urwo bambaye. |
Babona isha itamba Bagatan'urwo bari bambaye. |
Babona zireresa amabya bakagira ngo zimya zose. |
Babona zireresa amabya bakagira ngo zimya zose. |
Bagarira yose ni umwana w’umunyarwanda. |
Bagarira yose ni umwana w'umunyarwanda. |
Bagarira yose ntuzi irizera n'irizarumba. |
Bagarira yose ntuzi irizera. |
Bagarira yose. |
Bagutumye umurozi w’umugore uhera kuri nyoko. |
Banegurana ari inenge ba nenge itirora. |
Baranyerera yaguye Jinja. |
Barihima ba Mujyanama yasanze bamwendera umugore yica imboro. |
Barihima ni mwene Mujinya. |
Batutira henshi ntibazamenya iyo bataye imihoro. |
Bavuga ibyigondoye umuhoro ukajya imbere. |
Bavuga ibyigondoye umuhoro ukarakara. |
Bazirunge zange zibe isogo imboga zirura. |
Bene amazuru meza ntibaburana n’ibya nyuma. |
Bene imitsima bayitsimbarayeho. |
Bigirankana bya Nirwange bamutumye isuka yo guhamba se, ati "mwayimubajije ko ari we waraye ayibitse". |
Biguma bigeze ku munwa. |
Birabe ibyuya ntibibe amaraso. |
Bucya bucyana ayandi. |
Bucya bwitwa ejo. |
Buhoro buhoro bwagejeje umuhovu (pfu) ku ruzi. |
Buhoro buhoro nirwo rugendo. |
Bukorikori bwa Nyiranzikoraho yateye ibuye ati narebaga ko riboze. |
Burya mukaso ntaba ari nyoko. |
Burya si buno. |
Byabara usara. |
Byagaze iruta byabuze. |
C |
Ca bugufi iruta jya hejuru.(ntukishyire hejuru) |
D |
E |
F |
Fata ako ni yo gabo. |
Findi findi irutwa na so araroga. |
G |
Gahimandyadya na Kajogora baranywanye. |
Gashiramazizi ka Ntibazirikana rubanda rushishwa nabi. |
Gatindi ka Gateneneko yakenyeye agahu agateneneko agacishamo agakumwe, ati mbe bahungu no mu cyi ni ko bizahora bimeze? |
Gesa ubw’iyo, ubw'ino ntiburera. |
Gira so yiturwa indi. |
Gishira ibyara ntigishira amazi. |
Guherekeza utagushaka bitera inzira agahinda. |
Gusaza ni ugusahurwa. |
Gusekera utagushaka bitera imbeho mu menyo. |
Gusera intanyurwa ni ugusesa. |
Gushaka ni ugushobora. |
Gusoma mubi biruta kwirigata. |
H |
Haguma umwami, ingoma irabazwa. |
Hasura uwariye. Hagatura uwejeje |
Hobe hobe itera ibinyoro. |
I |
Iba ibyegereye byakizaga, urufunzo ntirwahiye. |
Iba imwe ikakugana mu ijana. |
Ibanga ni irya babiri. |
Ibihanga bibili ntibitekwa mu nkono imwe. |
Ibihe biha ibindi. |
Ibihembe by’intama ntawe umenya iyo bikura bigana. |
Ibirenge bijya imbu kujya imbere. |
Ibisa birasabirana. |
Ibitwenge by’inkoko bishirira mu kwayura. |
Ibize nabi uyima ifu. |
Ibuguma ntishobora isibo. |
Ibuguma y’umushino imira imikangara itanu. |
Ibuye ryabonetse ntiryica isuka (ntiriba rikishe isuka). |
Ibyagiye kera ibyagurukana irago. |
Ibyara mweru na muhima. |
Ibyaye amamasa yicungura amarago. |
Ibyaye ikiboze iracyirigata. |
Ibyaye ikiboze irakirigata. |
Ibyo abahutu birya ubahutaje. |
Ibyo abapfu birya abapfumu. |
Ibyo ejo bibara abo ejo. [Iby’ejo bibara ab’ejo.] |
Ibyo ihaha birushya ihambira. [Iby’ihaha birushya ihambira.] |
Ibyo isi ni amabanga. [Iby’isi ni amabanga.] |
Icyizere cyiraza amasinde. |
Icyo imbwa yanze umanika aho ireba. |
Icyo umutima ushaka, amata aguranwa itabi. |
Ifuni ibagara ubucuti ni akarenge. |
Ifuni y’imboro iruta umujyojyo w’igituba. |
Igihiswe kirabora na nyiracyo akabora. |
Igikeri cyakandagiwe n’inka kiti: uko zivuze nyamahembe. |
Igishongore cy’umugore ni nk’icyo imbwa. |
Igisiga cy’urwara rurerure kimennye inda. |
Igiti cyatewe n’Imana ntigihungabanywa n’umuyaga. |
Igiti kigororwa kikiri gito. |
Igiti kiswe umwana ntigicanwa. |
Igiti uzacana umusaza agitera akiri umusore (Igiti umugabo azacana agitera akiri umusore). |
Iguguna umuhini yototera isuka. |
Iguye ntayo itayigera ihembe. |
Ihene bayita mweru ikirirwa itarishije. |
Ihene mbi ntuyizirikaho inziza. |
Ihene mbi yanga mwabo. |
Iherezo riruta intangiriro. |
Iherezo ry'inzira ni mu nzu. |
Ihiye nabi uyima ifu. |
Ihunga umurinzi igwa ruhabo. |
Ijambo ribi rivana imboro mu gituba. |
Ijisho ridahuze ntirihaka. |
Ijisho rikwanga nturiyoberwa. |
Ijisho ry’imbwa ntiribuza umugabo kurya utwe. |
Ijisho ry’umukunzi rikuririra ripfuye. |
Ijisho ry’undi ntirikurebera umugeni. |
Ijoro ribara uwariraye. |
Ikimuga kiruta igiyuro. |
Ikinyoni kigurutse kitavuze bacyita igishwi. |
Imana ifasha uwifashije. |
Imana ihora ihoze. |
Imana irara ahandi igataha i Rwanda. |
Imandwa z’abatindi zigira iyazo mirindi. |
Imbaraga nke zitera imico myiza. |
Imbeba yakandagiye umwite w’injangwe iti: ubugabo bwari aha! |
Imbeba yakubise amabya ku ishyiga iti ntacyo bitwaye hazashibuka andi. |
Imbeba yakurikiye akaryoshye munsi y’urusyo ihakura inda y’urubati. |
Imboro mbi ni idafite ifaranga. |
Imboro mbi ni itabyara. |
Imboro nyamuniga iruta imboro rurizo. |
Imbura gihana yabuze gihamba. |
Imbuto y’umugisha isoromwa ku giti cy’umuruho. |
Imbwa yigannye inka kunnya mu rugo (barayikubita) irabizira. |
Imfura zisangira amata ntizisangira amaraso. |
Iminsi ikona inzovu (ingwe). |
Iminsi irasa ariko ntihwana. |
Iminsi iteka inzovu mu rwabya. |
Iminsi ivuguta nta muvuba. |
Iminsi ni imitindi. |
Iminsi umugabo amara kwa mukeba si yo amara ikuzimu. |
Iminsi y’umujura ni mirongo ine. |
Iminsi yira ari myinshi igahimwa n’umwe. |
Imirimo ibiri yananiye impyisi. |
Imishishi y’imishino ntishira inogonora. |
Imitunu y’igikeri ntiyirukanye abavomyi. |
Imitunu y’urukwavu ntibuza ishyamba gushya. |
Impamba itazakugeza i Kigali uyirira ku Ruyenzi. |
Impamvu ingana ururo. |
Impfizi ibyara uko ibyagiye. |
Impfizi izira izayontigira inyishyu. |
Impfizi ntiyimirwa. |
Impfubyi ibaga yotsa. |
Impfubyi yunvira mu rusaku. |
Impyisi barayibwiye bati amayira arafunze, iti: nari nsanzwe nigendera bugorobye. |
Impyisi y’iwanyu ikurya ikurundarunda. |
Inda ibyara mweru na muhima. |
Inda mbi (irimo urwango) uyiha amata ikaruka amaroso. |
Inda nini yishe ukuze. |
Inda y’umwanzi (yakwanze) uyiha amata ikaruka amaraso. |
Indambirwa y’iminsi yenda umurwayi. |
Indashimwa yahawe urutugu irutwarana n’ijosi. |
Indyarya ebyiri iyo ziryamanye, bucya ntayenze indi. |
Indyarya ihimwa n’indyamirizi. |
Ingabo y’umugore iragushora ntigucyura. |
Inganyi ya cyane iganyira nugira ngo awa. |
Ingendo y’undi iravuna. |
Ingeso ipfa nyirayo yapfuye. |
Ingoma idahora ni igicuma. |
Ingona zirya bamwe abandi bambuka. |
Ingurube ibyaye ntiribwa n’imbwa. |
Ingwe ikurira umwana ikakurusha kurakara. |
Ingwe ntiyari izi gufata ijosi yarabwirijwe. |
Inka nke zigukwera nka so. |
Inka ya Nkoronko igira inkomoko. |
Inka yikoma isazi aho igeza umurizo. |
Inkingi imwe ntigira inzu. |
Inkoko iriwabo ishomba umukara. |
Inkoko yaraye hanze iba yabaye inkware. |
Inkokokazi iteteza nk’izindi bati ngiyo kanwa kabi. |
Inkomyi y’amabyi irayitera. |
Inkonda z’umwana w’undi zirarura. |
Inkongoro yadede inywera mo dede wenyine. |
Inkoni ikubise mukeba uyirenza urugo. |
Inkoni ivuna igufwa ntivuna ingeso ( ntigera ku ngeso). |
Inkono ihira igihe, n’aho wacanira ute. |
Inkono ntihira ikibatsi ihira ikibariro (inkono ihira igihe, ntihira ikibatsi). |
Inkono zisumbanya imbyiro. |
Inkotsa ivuga nk’izindi bakayamagana (ngo ngiyo kanwa kabi). |
Inkovu icitse irushya abavuzi. |
Inkubisi yacyane irayitera (irayitarukiliza). |
Inkunguzi y’inkware ishoka agaca kayireba. |
Inkunguzi y’inkware yashotse agaca kayireba. |
Inkunguzi y’umuhutu yivuga mu batutsi. |
Inkunguzi y’urukob’irihiga? |
Inkunguzi y'igikoba yihamagarira amakara |
Inkunzi y’imiryango icika inkangu mu nnyo. |
Inkunzi y’imiryango ikobora rugongo. |
Inkuru mbarirano iratuba. |
Inkuru mbi ntiyoberana. |
Inkururabutindi ihakwa n’uhanyaze. |
Inkururarusya iswika nyirasenge. |
Inkware (igiye cyera) itura mu itongo ry’uwayihigaga. |
Inkware yinyabugingo yatoreye mwitongo ryuwayihigaga. |
Inshakura irongorwa kabiri. |
Inshuti ni iyo musangira mukayaga. |
Inshyuro mbi yashubije Nkundiye iwabo. |
Insina ngufi ntawe ntawe utayicaho ikoma. |
Insina ngufi ntawe utayigera. |
Insuti ziba nyinshi, iyo mwambaranye ubusa iraguma. |
Intamenya y’umugabo irira ku muziro. |
Intasi y’impyisi yabira maka. |
Intege nke ntizikina zirarwana. |
Intege nke zitera imico myiza. |
Intenge itari iyawe, uratoboroza. |
Inyamaswa idakenga yicwa n’umututizi. |
Inyamibwa y’imboro ni ishyutwe. |
Inyiturano y’umuhutu ni umusuzi. |
Inyongera mbi ni imisuha. |
Inyoni iguruka yisunze agati. |
Inyoni ivuye mu cyari itaramenya kuguruka bayifatisha intoki. |
Inzigo y’imboro ihozwa indi. |
Inzira ntibwira umugenzi. |
Inzoga ni imfura ikanyobwa n’imfura. |
Inzoka yakwanze uyiha amata ikaruka amaraso. |
Inzu y’umwanzi niyo uvanyeho agasakamburiro ugira uti ahiii (burya uba ukoze). |
Irya mukuru riratinda ariko ntirihera. |
Iryo wavuze urarihacyishwa. |
Isazi y’ubute ntirya igisebe. |
Isazi yaswitse urutare iti: birabe ntangare ntanga yanjye. |
Ishira amenyo ntishira amerwe. |
Ishyano rigusanze mu buriri uraryerekera. |
Ishyano rigwira nyirumugore umwe. |
Ishyano rivurwa n'irindi. |
Isi ntigira inyiturano. |
Isoni zirisha uburozi. |
Isuka ibagara ubucuti ni akarenge. |
Isuku igira isoko. |
Isuri isambira byinshi igasohoza bike. |
Itanga ishatse (Imana). |
Itegeko rirusha ibuye kuremera. |
Ivu rihoze ni ryo ryotsa inzu. |
Ivu rihoze ryotsa inzu. |
Iyagukanze ntiba inturo. |
Iyaguye ntayo itayigera ihembe. |
Iyakitse ntawe utayikora mu nda. |
Iyangiye aho uyemereye uyiragirira aho yamagiriye. |
Iyangiye aho uyemereye, uyiragirira aho yamagiriye |
Iyaseseye ntiyugururirwa. |
Iyihuse ibyara ibihumye. |
Iyihuse ibyara ibihumye. |
Iyimiye mu gisigati ibarirwa bose. |
Iyimiye mu gisigati ibarirwa bose. |
Iyo abanzi babaye benshi Imana iba mwene nyoko. |
Iyo abavandimwe bavumbitse akaguru, uvumbura (uvanamo/ukuramo) akawe. |
Iyo agahararo gashize uwahekwaga arigenza. |
Iyo agashungo gashize, agashino kayora ivu. |
Iyo amazi abaye make aharirwa impfizi. |
Iyo bavuze ibigoramye, imihoro ihaguruka mbere. |
Iyo butarira mukaso aba nyoko. |
Iyo iminsi ihuze urayiba. |
Iyo inzovu yerekeye hirya uyipfura urutsinga. |
Iyo inzovu zirwanye, ibyatsi birahababarira. |
Iyo isari isumbye iseseme, umugabo asubira ku cyo yangaga. |
Iyo isari yasumbye iseseme, umugabo asubira kucyo yanze (yifuza icyo yangaga). |
Iyo ngira ntya yari ijambo ni uko yaje nyuma. |
Iyo nyokobukwe akunze ukurura ihururu. |
Iyo umuntu agukoreye nabi aba akwigishije. |
Iyo umutindi yanitse ntiriva. |
Iyo urugo rwarazwe imishino, umwana w’umukobwa avukana itanu. |
Iyo uruhahirwa na babiri rutazanye ibinyoro ruzana mburugu. |
Iyo usanze abavandimwe bavumbitse akarenge uvanamo akawe. |
Iyo usanze imbwa yuriye igiti, uhita ubaza uwayurije. |
Izina ni ryo muntu. |
Izotanye zisigana ivu. |
J |
K |
Kabutindi igumbashya inkoko. |
Kabutindi itera umugore kwikuruza. |
Kamenyero yenze nyina. |
Kami ka muntu [k’umuntu] ni umutima we. |
Kanga mu jisho ntikanga mu kanwa. |
Karabaye ntiyendwa. |
Kirazira kugirira umwana nabi. |
Kiriziya yakuye kirazira. |
Kirya abandi bajya kucyirya kikishaririza. |
Kitirirwa umwana kagatera nyina akabondo. |
Kora ndebe iruta vuga numve. |
Kuba imbwa si ukumoka. |
Kubwira utumva ni nko guta inyuma ya Huye. |
Kubyara ni ugusubiza ingobyi imugongo. |
Kugabirwa kwitura kurutwa n’igihango cy’umucyene. |
Kugenda bitera kubona. |
Kugera kure si ko gupfa. |
Kuramutsa utagushaka bitera imbavu imisonga. |
Kure ni mu nda. |
Kurya bike ni ukubikena. |
Kuvuga menshi siko kuyamara. |
Kuzinduka kw’inkoko ntikwayibujije kunnya ku butanda. |
Kuzinduka kwa rusake ntikwayibujije kunnya mu nzu. |
Kwa Bugabo bavuza induru, kwa Bwoba havuga impundu. |
Kwa nyokorome uherekwa na nyoko. |
Kwikiriza ntibibuza uwanga kwanga. |
L |
M |
Maguru ya sarwaya yasize imvura n’umuyaga. |
Mpana umupfu yananira nkamwoshya. |
Mpemuke ndamuke yagambaniye uwamuhaye inka. |
Mu gihugu cy’impumyi uwo ijisho rimwe aba ari umwami. |
Mu nda ni kure. |
Mujinya wa Nyamwijinya yasanze umugore we yasambanye aragaca. |
Mukuru w’ijambo ni irindi. |
Mukuru w’ijambo ni irindi. |
Murankorere ibindi nzivomera. |
Mwa nyina wundi ni mwa nyiranyenga. |
Mwene samusure avukana isunzu. |
N |
N’inyange zirapfa nkaswe ibyiyoni. |
N’izibika zari amagi. |
Na nyina w’undi abyara umuhungu. |
N'abantu barapfa. |
Naho Miseke ndarwana. |
Nari umugabo ntihabwa intebe. |
Ndaguhaye iruta ndakuzirikana. |
Ndakureba ukanshisha naho hasi warashize. |
Ndakwanze ntijya ivamo ndagukunze. |
Ni ikizi (ikizwi na) bose nk’umuravumba (nk’agacuma k’amagambo). |
Nsabira nsome irutwa n’insangirano. |
Nshimwe nshimwe y’umugore yamukoboye injuma. |
Nshimwe y’umukobwa ikobora injuma |
Nta baronkera rimwe nk’abaca imisigati. |
Nta batana badatandukanye. |
Nta bugabo buruta ububwa. |
Nta bworo burama nkubwo ikirenge. |
Nta byera ngo de. |
Nta gahora gahanze. |
Nta giti kibura inyoni ikigwaho. |
Nta gufwa ry’umusundi rirenzwa urugo. |
Nta kabura imvano. |
Nta kurama kudapfa. |
Nta mboro mbi yambaye ifaranga. |
Nta mubi wisize. |
Nta mugabo umwe. |
Nta mugani uva ku busa. |
Nta muheza w’ibyo isi. [w’iby’isi.] |
Nta mukobwa utagira umubwira ati erecyera hino. |
Nta munyagara w’inyama. |
Nta mupfu w’itabi. |
Nta murozi wabuze umukarabya. |
Nta muteja w’imboro. |
Nta muzindutsi wa cyane watashye mu mutima w’undi. |
Nta mwami uba akabeba. |
Nta mwami uba umugaragu (akabeba). |
Nta mwami wica, hica rubanda. |
Nta mwinjira ugira ijambo. |
Nta mwiza wabuze inenge, na Nyirahuku agira amabinga. |
Nta nkokokazi ibika isake ihari. |
Nta nkuba ikubita umunyabugingo. |
Nta nkumi yigaya ikibero (itako, ubuto), n’irwaye igisebe ica inzaratsi. |
Nta nkumi yigaya. |
Nta nyama itarya umutsima. |
Nta rutugu rukura ngo rusumbe ijosi. |
Ntawanga kugwa aheza. |
Ntawanga kuryama ngo atarota. |
Ntawanga umuruho ashyukwa. |
Ntawe ubura ishyano ashyukwa. |
Ntawe uhisha uwo ahishaho. |
Ntawe ujya mu ishyamba ngo abure ishyano akurayo. |
Ntawe unanira abamushuka ananira abamuhana. |
Ntawe uneza rubanda. |
Ntawe urata inkovu z’imiringa. |
Ntawe uribara nk’umuto waribonye. |
Ntawe urutwa yenda. |
Ntawe urya inka nka nyirayo. |
Ntawe urya umuntu ngo ananirwe n’urutoki. |
Ntawe usesa uwo acyota. |
Ntawe ushaka uko nyina yashatse. |
Ntawe uta akanyaga atagahambuye. |
Ntawe utinya ijoro, atinya icyo bahuriyemo. |
Ntawe utinya uwo yatutse. |
Ntawe utunga izo adashitura. |
Ntawe uvuma iritararenga. |
Ntawe uyoberwa umwibya, ahubwo ayoberwa aho amuhishe. |
Ntawiheba ritararenga. |
Ntawivuga nabi ameza ahari. |
Ntawiyaga (ntawivuga) amabi ameza ahari. |
Ntayo iyoberwa iyayo mu mwijima. |
Ntayuzura nkiyali ihali. |
Ntihaba bapfana iki. |
Ntihaba gutunura haba Imana ikurebera. |
Ntinde bankumbure yasanze baramwibagiwe. |
Ntugahandwe ku rurimi ikirenge gihari. |
Nubakira imisure sinishinze imilizo yazo. |
Nuhigimye aba avuze. |
Nuwapfuye ejo ntaririrwa. |
Nuwaraya imbwa yarya inzungu. |
Nuwendeye nyina mu nyenga yaramenyekanye. |
Nyamwanga kwumva ntiyanze kubona. |
Nyamwanga yanze n’uwamuhaye inka. |
Nyina w’umukungu ntabyina nabi. |
Nyirakarimi kabi yatanze umurozi gupfa. |
Nyiramaso yerekwa bike ibindi yirebera. |
Nyirambigirambizi yiciye ururasago ku gituba rwanga kuva ati: turaturanye n’ejo nzongera. |
Nyiri ibyago ibyatsi bimwima inzira. |
Nyiri impare niwe umenya uko ayigobeka. |
Nyiri inkota ni uyifashe akarumyo. |
Nyirumupfu ni we ufata ahanuka. |
Nyirumutwe munini ntarengwa n’imijugujugu. |
Nyokobukwe si umuko. |
Nyokorome akuruma akurora. |
Nzapfa nzakira simbizi. |
O |
P |
R |
Ribara uwaribonye. |
Ruliye abandi rutakwibagiwe. |
Runo si u Rwanda ni urwandiko. |
Rurarya ntiruhaga. |
Ruza rutwara abaseka. |
S |
Sakindi izaba ibyara ikindi. |
Sakwe sakwe irutwa na so araroga. |
So aguha umugore ntamukwendera. |
So ntakwanga, akwita nabi. |
T |
Tega amatini ngo urabona amatuba. |
Tuza duturane. |
U |
Ubabaye niwe ubanda urugi. |
Ubamba isi ntakurura. |
Ubitse munda imbwa ntimwiba. |
Ububwa buravukanwa. |
Ubugabo butisubiraho bubyara ububwa. |
Ubugabo si ubutumbi. |
Ubugore si amabere n’ihene irayagira. |
Ubukana bw’imbwa bushirira mu imoka. |
Ubukana bw’umwungu ntibwotsa urutaro. |
Ubukene si ikineguro. |
Ubunini si ubugabo. |
Ubunwa bwagusomeye umugabo burakwongrera ntiwumve. |
Ubupfura buba mu nda. |
Uburebure si ubwenge. |
Uburere buruta ubuvuke. |
Uburere bwiza bucisha imfura mu mwijima. |
Uburiye umubyizi mu kwe ntako aba atagize. |
Uburo bwinshi ntibugira umusururu. |
Ubusa burimara. |
Ubusabusa buruta ubusa. |
Ubusabusa bw’umusundi buvura imboro umusonga. |
Ubusambo ni bubi. |
Ubushiki ni uburibwa. |
Ubushyitsi buribwa ni muramu w’umuntu. |
Ubutegetsi si ubukonde. |
Ubuto bw’isha ntibusobanura inzara. |
Ubuze icyo atuka inka agira ati dore icyo gicebe. |
Ubuze inda amena imigi. |
Ubuze uko agira agwa neza. |
Ubwenge buke burushya amaguru |
Ubwenge burarahurwa. |
Ubwenge buza nyuma y’uburagi. |
Ubwenge buza ubujiji buhise. |
Ubwira intumva ata ibiheko. |
Ubwira umuzi ntavunika. |
Ubwiru bw’ingomabumenywa n’umwiru na nyirayo. |
Ubwiza bw’intobo ntibuyibuza kurura. |
Ubwiza bw’umukobwa ntibwamubujije kuruha. |
Ubyaye nabi aramutswa (atukwa) n’abakwe. |
Ubyina iwabo arasebwa. |
Ubyinana na mucyeba ntahumbya. |
Ubyinana na mucyeba ntahumbya. |
Uca imisoto y’inda ntafasha umuhoro hasi. |
Uca mw’ishyamba utazi ugaca inkoni utazi. |
Uca urubanza rw’abavandimwe arararma. |
Ucira injiji amarenga amara ibinonko. |
Ucyenze rimwe ntaba akimaze. |
Ucyeza abami babiri aba ashaka twange umwe. |
Udapfuye arakira. |
Udashinga ntabyina. |
Ufinura itari iye ageza ku mukondo. |
Ufite gisegura anaga ijosi. |
Ufite icyo abunza bwira aguze. |
Ufite umufata ijosi ararigwandika. |
Ufite umusegura agonda ijosi. |
Ugaburira uwijuse bararwana. |
Ugaya ibye abyibiramo. |
Ugaya impundu z’urushishi, areba amatama ziturukamo. |
Ugiciye inkondo siwe ugicundamo. |
Ugirirwa neza n’uwo yayigiriye aba agira Imana. |
Ugiye iburyasazi azimira nzima. |
Ugiye iburyasazi azirya mbisi. |
Ugucumise ingufi ntaba akwimye indende. |
Uguhaye akubonye arutwa n’uguhaye akuzirikanye. |
Uguhiga ubutwari muratabarana. |
Uguhimye atiretse ..... |
Uguhishe ko akwanga umuhisha ko ubizi. |
Ugusumba arakumanurira. |
Ugusuriye ntumusurire akwita ikibura nnyo. |
Ugusuriye ntumwishyure akwita akarondwe. |
Uhagarikiwe n’ingwe aravoma. |
Uhana umusore,amuhana agaruka. |
Uhaze ikivuge, ntabura ikivugo. |
Uhenera umukunzi ntamuhisha innyo. |
Uhiga ubutwari n’umugore aragarama. |
Uhima igisambo arakibitsa |
Uhima inda arayirariza. |
Uhisha mu nda imbwa ntimwiba. |
Uhishira umurozi akakumaraho abana. |
Uhonga umwanzi amara inka. |
Uhongera umwanzi amara inka. |
Ujya gutera uburezi arabwibanza. |
Ujya gutumira sakabaka aba yujuje inyama ibitebo. |
Ujya kugaya impundu z’urukwavu abanza kureba imisaya ziturukamo. |
Ukandagira agahungu ntahonyora. |
Ukize baraza. |
Ukize ububwa abukubitira undi. |
Ukize ubusore arabubagira. |
Uko umugabo aguye si ko amabya ameneka. |
Ukora icyo azi yendwa ahetse. |
Ukorora acira aba agabanya. |
Ukoze hasi yibutsa undi ibuye. |
Ukubarira akubeshya agira ati:nupfa tuzajyana. |
Ukubira cyane ukamaramo n’ubwalimo. |
Ukubise imbeba ntarobanura izihaka. |
Ukubise imbwa aba ashaka shebuja. |
Ukuboko kwafashe ingoma ntukuyirekura keretse baguciye. |
Ukubwiye ubusa umusubiza ubundi. |
Ukujana ninjoro umushima bukeye. |
Ukumoka kw’imisega ntikubuza abagenzi guhita. |
Ukuri gushirira mu biganiro. |
Ukuri kunyura mu ziko ntigushye. |
Ukuri ntikwica umutumirano. |
Ukurushije umugore akurusha urugo. |
Ukwanga atiretse arakubwira ati: cyo turwane. |
Umanika agati wicaye wajya kukamanura ugahagarara. |
Umubabaro w’umwana umenywa na nyina. |
Umubyeyi gito aremaza umwana igituba. |
Umugabo arigira yakwibura agapfa. |
Umugabo asiga imbwa. |
Umugabo mbwa anyagiranwa n’abandi ati jye naboze. |
Umugabo umwe agerwa kuri nyina. |
Umugabo yagiye kunnya inyuma y’igihuru impyisi irahuma, ati: wahuma wagira, intambara nk’iyi inyigeze kabiri yansubira twatongana. |
Umugabo yakubitiwe mu nsi yurugo rwa munywanyi we ntiyatabarwa ati kubana n’imbwa ndekeye aho. |
Umugabo yatutse undi ati uragapfa undi nawe ati nzagaya imwba izansangayo. |
Umugani ugana akariho. |
Umugaragu aruta ingaruzwa muheto. |
Umugore abyara uwawe ntaba uwawe. |
Umugore amenya ayo umukazana mu nkiko, ntamenya ayo umukobwa mu mpinga. |
Umugore arabyina ntasimbuka. |
Umugore asasira uwishe se. |
Umugore bamukubitiye gusambana ati: nasekwa nutarakimeze. |
Umugore gito agutatira aguseguye. |
Umugore gito arutwa n’inkingi. |
Umugore gito arutwa n’umwanzi gica. |
Umugore gito ntimubura kubyarana. |
Umugore gito ntimujyana iwabo. |
Umugore gito ntumusigaho impfubyi. |
Umugore mubi agirwa n’ingongo y’umuhoro. |
Umugore mukina agukinze umutima, wateba akagutambuka ajya gushaka imbere ye. |
Umugore musangira amata ntimusangira amazi. |
Umugore mwiza asegura inkokora inkoko zikarinda zibika. |
Umugore mwiza ntaba uwawe, yaba uwa mukuru wawe. |
Umugore ni intwari, umukanira ----- impinduka yaza akaguta mu nganigani. |
Umugore ni nyampiga. |
Umugore ni umutima w’urugo. |
Umugore ni uwo umuryango. |
Umugore ntacyo bitwaye abyara umwana wampamagariraga iki. |
Umugore ntajya kurarika, iyo araritse abuza n’uwari kuza. |
Umugore si umwiza nk’uwumva. |
Umugore umukamira impenda (amashyo) impinduka zaza ati ntacyo wigeze umpa. |
Umugore umurika mu mbere yandurura, aba yereka imbeba. |
Umugore umwita inka ya Rwogera wamwikura akagukura mu rugo. |
Umugore umwita inka ya Rwogera wamwikura wamwikura mukajya i bwami. |
Umugore umwita Nyirabarenzi yajya kuvoma akamena ikibindi. |
Umugore umwita shenge warimukura mugakura inkingi. |
Umugore uri ku mutiba ntabura umutima. |
Umugore utazakurushya inkanda agucura agutaha ho. |
Umugore w’icyongezankoni abwira umugabo we ngo niwe ruzire. |
Umugore w’inkoramwuga, abishima yikoze mu nda. |
Umugore w’ubwenge n’umugabo we iyo uburo bweze bagura ibirago bibiri. |
Umugore w’ubwenge yonka undi. |
Umugore w’umupfu agirango mukeba yagabuye. |
Umugore w’umupfu akubitirwa ku ibuga. |
Umugore w’umupfu amena ibanga ry’umukamaye. |
Umugore w’umupfu arikirigita agaseka. |
Umugore w’umupfu arya imbuto agasiga intabire. |
Umugore w’umupfu aseka ikibi. |
Umugore w’umupfu ateka bwije, umugabo akamuhinduka atihinduye. |
Umugore w’umupfu yarikirigise araseka. |
Umugore w’umupfu yicara nk’uwashyikiriye. |
Umugore w’umupfu, yaje rugezo abyara shikama. |
Umugore w’umusaza ntaherekeza urwenya. |
Umugore w’undi araryoha. |
Umugore wihenda yitwa bantanze urusyo. |
Umugore yaryamanye n’ikiremba ati nambariye ubusa ubundi. |
Umuhanga wo kurya arara akarabye. |
Umuhigi uri kure ntaramurira imbwa. |
Umuhini mushya utera amabavu. |
Umuhungu w’icyiremba yarongoye umukobwa urwaye intinyi ati unyorosoye nabyukaga. |
Umuhutu agira inzara ntagira inzika. |
Umuhutu ntashimwa kabili. |
Umuhutu urenzwe arenza nyina akaguru. |
Umuja aruta umugore mubi. |
Umujinya w’imbwa ushirira mu kuzunguza umurizo. |
Umukecuru yanyaliye imbaragasa iti: ulitonde n’iyumuhindo yaransize. |
Umukecuru yirebye amaguru ati bumba butama waratamiye. |
Umukobwa aba umwe agatukisha bose. |
Umukobwa bamushima ingendo akarenga iwabo. |
Umukobwa w’ubwira asambana asabwa. |
Umukobwa w’umupfu asuzuguza umuryango. |
Umukobwa w’umutima yubahisha umuryango. |
Umukobwa wabuze umuranga yaheze mwa nyina. |
Umukobwa wahiriwe yibwira ko akirusha abandi. |
Umukunnyi aruhira umuswezi. |
Umukunnyi mutindi akunira impare. |
Umukunnyi wa cyane yikururiye abaswezi (Umukunnyi yaruhiye umuswezi). |
Umukwe ntaba umwana. |
Umukwe w’isoni ahera mu mfuruka. |
Umukwe w’umupfapfa yarebye imisumbi ya nyirabukwe. |
Umuntu apfumbata uwo begeranye. |
Umuntu asiga akamwirukaho ntasiga akamwirukamo. |
Umuntu asinda akariho. |
Umuntu yibyarira ikishi. |
Umuntu yigishwa imico mibi n’abandi. |
Umunyabukorikori yirutse ku bimusiga, yihisha ibimubona, yihishurira ibyapfuye. |
Umunyandugakazi yaragumiwe ati: mbure umugabo mbure n’umukiga? |
Umunyazi wa cyane yikururiye abasambanyi. |
Umunywanyi wa benshi apfa akererewe. |
Umupfu ntabura umupfunya. |
Umurenzaho (umurenzo) wera ibijumba. |
Umuruho ntiwabira habira nyirawo. |
Umusaza uhaze akina n’imyenge y’inzu. |
Umusazi arasara akagwa ku ijambo. |
Umusazi asiga akamwirukana, ntasiga akamwirukamo. |
Umusazi w’umukecuru yabonye uw’umusore yiruka ati nangwa nawe uracyabiharaye. |
Umushishi w’umushino ntushira inogonora. |
Umushumba yakubise undi ati: genda shahu turacyaragiranye. |
Umusonga wundi ntukubuza gusinzira. |
Umuswezi w’umuhanga anyaza n’utarakunnye. |
Umuswezi w’umuhanga ntarobanura ibituba. |
Umutanyu w’ingoma uruta ihundo rizima. |
Umutavu w’urulimi iyo waciye ikiziliko ntawe uwutangira. |
Umutego mutindi ushibuka nyirawo akiwurora. |
Umutego mutindi wica nyirawo. |
Umutemeli wishavu ni ijosi. |
Umuti w’impaka ni uguceceka. |
Umuti w’ubusore ni ukurongora. |
Umuti w’ubutindi ni ukwanga guhemuka. |
Umutima muhanano ntiwuzura igituza. |
Umutima usobetse amaganya ntusobanura amagambo. |
Umutima w’imfubyi watanze umutwe w’umusaza kumera imvi. |
Umutindi ntacyira niyo akize ntakira uko yabaye. |
Umutindi ntakiza undi. |
Umututsi umusembereza mu kirambi akagutera ku buriri. |
Umututsi umuvura amaso akayagukanurira. |
Umututsi umuvura amenyo ejo akayaguhekenyera. |
Umutwa ararengwa agatwika ikigega. |
Umutware yakubise umugaragu ati urakoze databuja. |
Umutware yicarira intebe undi ayibajisha. |
Umutwe umwe wifasha gusara, ntiwifasha gutekereza. |
Umuwitonze ntiyandura |
Umwambari w’umwana agenda nka se. |
Umwami akwicira so agacyura nyoko. |
Umwami akwicira so ugakoma yombi uti: umugome yapfuye nyagasani. |
Umwan zi aba mwa nyoko ntaba kure. |
Umwana apfa mu iterura. |
Umwana apfira mu iterura. |
Umwana murizi ntakurwa urutozi (ntakizwa intozi). |
Umwana murizi ntakurwa urutozi. |
Umwana ni umutware. |
Umwana umuhana avayo ntumuhana ajyayo. |
Umwana umwe si umuryango. |
Umwana utataramanye na se ntamenya umurage wa sekuru. |
Umwana utenguha bwira aneye rimwe. |
Umwana utumvira se na nyina yumvira ijeri. |
Umwana uzaheka ntumwicisha urume. |
Umwana w’umuja ukubitirwa ku mazi nyina yavomye. |
Umwana w’umwingingano umuha amata akaruka amaraso. |
Umwana w’undi abishya inkonda. |
Umwanda ugira akazu. |
Umwanzi agucira akobo Imana igucira akanzu. |
Umwanzi ntaba kure. |
Umwera uturutse ibukuru ukwira hose. |
Umwibone (inshiziyamanga) w’umugore yabwiye umwami ati nijye wakakwemeye. |
Umwijuto w’ikinonko ugirango imvura ntizagwa. |
Unera agati kikubiranyije wahaguruka kakayagutera. |
Ungaye guhera ntungaye gutinda. |
Upfuye akuruta niyo mugeze ikuzimu arakuruta. |
Upfuye arapfurikwa. |
Uraritswe i bwami abanza irage. |
Uratinda ngo ukumburwe, ugasanga waribagiranye. |
Uri ibuzimu azunguza ajyana iwabo. |
Uri mwanyina aruma umuheha akongeza undi. |
Urose nabi burinda bucya. |
Uruboza ruruta ururumbya. |
Urubwa ruruta ububwa. |
Urubyiruye iimpaza ntirubura impagarara. |
Urucira mukaso rugatwara nyoko. |
Uruciye mu nsi ntamenya ikiruri imbere. |
Urugiye kera ruhinyuza intwari. |
Urugo ni urufite igikali. |
Urugo rw’umwanzi rurutwa n’itongo. |
Urugo rw’undi ruribwamo ntirusegetwamo. |
Urugo rwarazwe imishino umwana avukana itanu. |
Uruka ntafata uhitwa. |
Uruma Isi arahuha. |
Urumbije umugore ntasarura umwana. |
Urupfu rw’imbwa ni inyama. |
Ururimi rubuze icyo ruvuga rubwejagura mu kanwa. |
ruriye abandi rutakwibagiwe. |
Urushyize kera ruhinyuza intwari. |
Urutugu ntirukura ngo rurenge ijosi. |
Urwishe ya nka ruracyayirimo. |
Urwishigishiye ararusoma. |
Urya inshuro n’incuti bigashira udahaze. |
Urya urw'undi ntarwara inzoka. |
Usanze nyina ashaje avuga ko inka za se zapfuye ubusa. |
Usanze umwana w’undi arya amabyi aramubwira ati: komeza. |
Useka usuze bwacya ukannya. |
Usenya urwe umutiza umuhoro. |
Ushaka amahoro yenga amahore. |
Ushaka inka aryama nka zo. |
Ushaka ko imboro zambuka uruzi abanza ibituba. |
Ushaka kugishira ipfa aracyibyarira. |
Ushaka ntababarira imisundi. |
Ushaka uko nyina yashatse amara amazu. |
Ushaka umushaka asanga umweko woroshye. |
Ushaka umushaka asanga umweko woroshye. |
Ushaka urupfu asoma impyisi. |
Ushize impumu yibagirwa icyamwirukankanaga (icyazimuteye). |
Ushyingura amurika aba yereka imbeba. |
Usiga umugeni ku cyanzu ukajya kwenda uwo ku cyavu. |
Usiga umwanzi amara isimbo. |
Usurana umujinya ukinera. |
Usuze agirwa no kunutsa. |
Usuzugura agatuba ka mucyeba kakagutwara umugabo. |
Utabusya abwita ubumera. |
Utaganiriye na se ntamenya icyo sekuru yavuze (yasize avuze). |
Utagera aragereranya. |
Utagera ibwami abeshywa byinshi. |
Utagira nyirasenge arisenga. |
Utagira ubwoba aba atagra ubwenge. |
Utagira uwo atuma arituma. |
Utakwambuye aragukerereza. |
Utaranigwa agaramye agira ngo ijuru riri bugufi (hafi). |
Utarapfa aba akiriho. |
Utariye ibyo upfuye arya ibyo ugiye. |
Utazi akaraye araza ifu. |
Utazi akaraye i Fumbwe araza ifu. |
Utazi ikibabaje umugabo amutuka gushahurwa. |
Utazi ikimuhatse arora imboro ya se igitsure. |
Utazi ikizakura yica umutavu. |
Utazi inda arara yijuse. |
Utazi ubwenge ashima ubwe. |
Utazi umurera amureresa amabya imbere. |
Utazi Umurundi amurunda mu nzu. |
Utazi umwanzi ashima inda. |
Utazi umwanzi asiga umubiri. |
Utera uburezi arabwibanza. |
Uticaniye ntarahurira undi. |
Utinura itari iye ayigeza ku mabya |
Utuka utamutuka aba yitutse. |
Utuma abahutu atuma benshi. |
Uvoma yanga avoma ibirohwa. |
Uvuze ko nyirurugo yapfuye si we uba amwishe. |
Uwabike ntasaba arasumbakaza. |
Uwabuze imfura ata ibiheko. |
Uwagumiwe ahagamwa n’amazi. |
Uwahawe n’Imana ntiyamburwa n’umuyaga. |
Uwambaye ikirezi ntamenya ko cyera. |
Uwambaye ubusa ni we ugira ndende. |
Uwanga amazimwe abandwa habona. |
Uwanga gutenguhwa atuma mukuru. |
uwanze kumva bwira aneye rimwe |
uwanze kumva ntiyanze kubona |
Uwanze kwumva abwirwa ari uko amaso atukuye. |
Uwanze kwumva ntiyanze kubona. |
Uwanze kwumvira se (na nyina) yumvira ijeri. |
Uwanze nyakabwana ayangana n’ibyana byayo. |
Uwarerewe n’Imana agira ngo arusha abandi guhana. |
Uwariwe n’inzoka atinya n’umunyorogoto. |
Uwarose nabi burinda bucya. |
Uwarya amabyi yarya ikirundo. |
Uwashatse neza ahura n’uwashatse nabi akamuseka agakwenkwemura. |
Uwashirijwe n’intorezo ntiyadonderwa n’irago. |
Uwenze make (amarwa) ntaba yanze ababo. |
Uwenze uwo undi yiga gusya. |
Uwiba ahetse aba abwiriza uwo mu mugongo. |
uwiba ahetse aba yigisha uwo mugongo |
Uwibeshya ahomera iyonkeje. |
Uwica imbeba ntababarira ihaka. |
Uwicishije inkware ukwaha ahora akumanitse. |
Uwifuje umugisha w’undi annya ibuye. |
Uwifuza icyo azabona aravuga ngo icyampa ngapfa. |
Uwigize igihuru anebwamo. |
Uwigize igitebo ayora ivu. |
Uwirinda imishyukwe ayinyarira hakiri kare. |
Uwitonze (ugiye kera) akama ishashi. |
Uwitonze akama ishashi. |
Uwitonze atoragura icyatakaye. |
Uwitonze atura mu itongo ry’inkuba. |
Uwitumiye yitwaza intebe. |
Uwiturwa ineza n’uwo yayigiriye aba agira Imana. |
Uwivumbuye n’ubundi aba yivumbitse. |
Uwiyishe ntaririrwa. |
Uwo kitararya (kitarahanda) agira ngo nta menyo kigira. |
Uwo uzaheka ntumwicisha urume. |
Uwo zivugutiwe ni wo zinywa. |
Uwububa abonwa n’uhagaze. |
Uyambariza ku ziko ikagusiga ivu. |
Uyikura mu kabindi ikagukura mu bagabo. |
Uzabona uri i Rwanda. |
Uzangaye guhera ntuzangaye gutinda. |
Uzangaye gutinda ariko ntuzangaye guhera. |
Uzapfa akakurushya ntakagucure. |
Uzasya mvome. |
V |
Vuguziga ni umwana w’Umunyarwanda. |
W |
Wabanguka ngo ushimwe, ugasanga umugayo wagutanzeyo. |
Wanga gucyura ihene hakibona, bwakwira ugahebeba nka yo. |
Wanga kwenda umuja bugacya atwite. |
Wigana ingendo y’undi ugatagataga. |
Wikanira umugisha w’undi ukannya ibuye. |
Wima igihugu amaraso, imbwa zikayanwera ubuntu. |
Wiringira amahoro amaherere ari inyuma (yaraye ku nzira). |
Wiringira ijosi rikakubyarira umwingo. |
Wirukana imbwa akari kera ukayimara ubwoba. |
Wirukana umugore uguguna igufa ukazana urimira bunguri. |
Wishinga imishinga y’imishino ugasarura imishumi y’ishati. |
Wishinga innyo y’undi iyawe ikarangara. |
Witaba kare ugatumwa kure. |
Y |
YEZU ATI WABIMENYE |
Z |
Zikama ababiri. |
Zikama abahari |
Zikamwa ayo zitahanye. |