Ibiti 21.000 bigiye guterwa mu bigo by’amashuri muri Kigali

Kubijyanye na Wikipedia

Umujyi wa Kigali watangaje ko ugiye gutera ibiti bisaga ibihumbi 21 mu bigo by’amashuri mu rwego rwo gukomeza gahunda yo kubungabunga ibidukikije mu Rwanda.

Intego[hindura | hindura inkomoko]

U Rwanda rufite gahunda yo gutera ibiti nibura miliyoni 36 uyu mwaka mu rwego rwo kurushaho kubungabunga ibidukikije, kubera iyo mpamvu Minisiteri y’Ibidukikije yatangije gahunda yo gutera ibiti mu mashuri byiganjemo iby’imbuto ziribwa.

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Ugushyingo 2022, iyi gahunda yatangirijwe mu ishuri rya Ecole Belge de Kigali, aho umujyi wa Kigali watangaje ko muri uyu mwaka hagiye guterwa ibisaga ibihumbi 21 mu bigo by’amashuri nk’uko Meya w’Umujyi wa Kigali, Rubingisa Pudence yabigarutseho.

Ati “Twatangiye gahunda yo gutera ibiti, tumaze iminsi dutera ibiti mu Mujyi wa Kigali kandi tuyigira buri mwaka. Twasanze ari ngombwa ko duhera no mu mashuri abana bato bagakura bazi kubungabunga ibidukikije icyo ari cyo, bazi kubitera n’akamaro kabyo.”

Yavuze ko muri Kigali hagiye guterwa ibiti bisaga ibihumbi 400 kandi no mu mashuri ubukangurambaga burakomeje mu rwego rwo gutera ibiti byiganjemo imbuto ziribwa zizanifashishwa mu kurwanya imirire mibi mu mashuri.

Reba[hindura | hindura inkomoko]

[1]

  1. http://mobile.igihe.com/ibidukikije/ibungabunga/article/ibiti-21-000-bigiye-guterwa-mu-bigo-by-amashuri-muri-kigali