Habonetse amagi arenga ijana ya Dinosaur amaze imyaka miliyoni 193

Kubijyanye na Wikipedia

Abashakashati bakurikirana ubuzima bw’ibisagaratongo, Paléontologistes, bavumbuye ibyari birimo amagi arenga 100 ndetse n’ibikanka 80 bya dinosaur zo mu bwoko bwa Mussaurus bimaze imyaka miliyoni 193 bibayeho.

Byabonetse ahitwa Patagonia muri Argentine, bitanga gihamya yuko na za Dinosaur zaturaga hamwe ari nyinshi, ibintu bikunda gukorwa n’inyamaswa cyangwa amatungo y’indyabyatsi mu rwego rwo kwirinda umwanzi.

Ubushakashatsi[hindura | hindura inkomoko]

Ubu bushakashatsi bwasohotse mu kinyamakuru “Scientific Reports” bwagaragaje ko izi dinosaur zagendaga mu gikundi mbere y’uko zicwa n’amapfa yatewe n’izuba, aho zagendaga hakurikijwe imyaka yazo ndetse n’ingano cyangwa indeshyo.

Ahabonywe izi nyamaswa zimaze imyaka myinshi zizimiye, haherukaga gukorerwa ubushakashatsi mu myaka ya 1970, aho abahanga mu bya siyansi bahavumbuye igikanka (squelettes) cya dinosaur yo mu bwoko bwa Mussaurus gifite uburebure bwa santimetero 15.

Nyuma yo kuvumbura iki gikanka, umwe mu bashakashatsi witwa Diego Pol yasubiyeyo mu 2012 ngo arebe neza ibyo aribyo, nibwo yaje kuvumbura ukuri kuri izi dinosaur abona ko zakuraga kugera ku burebure bwa metero 7 ndetse zinapima ibiro biri munsi ya toni ebyiri. Aha ni nabwo yahise avumbura aya magi n’ibikanka 80.

Reba[hindura | hindura inkomoko]

[1]

  1. http://www.igihe.com/ibidukikije/inyamaswa/article/habonetse-amagi-arenga-ijana-ya-dinosaur-amaze-imyaka-miliyoni-193