Gahamanyi viateur
Gahamanyi viateur yavutse kuwa 16 werurwe 1995, avukikira mucyahoze ari akarere ka nyagisagara muntara ya Gisenyi, ubu ni akarere ka ngororero muntara y'iburengerazuba. Gahamanyi Viateur yavukiye rimwe n'umuvandimwe we bavuka ari impanga. Yakuze ari umwana ugira umuhate n'ishyaka ryo gukora cyane aho nyina umubyara ariwe Nyirambanjimpundu Delphine yakunze kugaruka kumyitwarire idasanzwe irimo gufata inshingano ndetse no kwita kubababaye. amashuri abanza Gahamanyi viateur yayize kuri ecole primaire ya BUNGWE. nyuma yo gutsinda ikizamini cya Leta yakomeje mucyiciro rusange atsinda kumanota meza cyane akomereza muri COLLEGE ADEC- RUHANGA. yakomeje kugira umuhate cyane aho yasoje amashuri yisumbuye mumwaka 2014 mw'ishami ry'ibinyabuzima, ubutabire n'imibare. Gahamanyi Viateur yakomereje muri Kaminuza y'U Rwanda mw'ishami ry'uburezi. yasoje kaminuza mumwaka wa 2016 ahakura impamyabumenyi y'icyiciro cya mbere cya kaminuza, mumwaka 2017 yigishije mumashuri y'isumbuye mucyigo yizemo cya COLLEGE ADEC RUHANGA.kuva 2018 kugeza 2019 yakoze muri FONERWA aho yari ashinzwe kwinjiza amakuru muri mudasobwa ibizwi nka Data entry mumirenge ya Gatumba,Kabaya,Bwira na Muhororo. kuva 2019 , Gahamanyi Viateur yigishije mucyigo cya GS St Pierre Nkombo aho yigishije igihe kirekire isomo ry'Imibare. kuva 2019 ninabwo kandi yatangiye gukunda no kwihugura mw'isomo ry'imibare. 2019 yagiye kwiga muri kaminuza ya KAMPALA UNIVERSITY aho yigaga amasomo y'imibare n'ubutabire ndetse no kubyigisha. mumwaka wa 2020 icyorezo cya Covid-19, cyatumye adakomereza muri iyo kaminuza, aho yahise ahindura akajya gukomereza muri kaminuza ya KIBOGORA POLYTECHNIC. yakomeje kugira umuhate n'ubushake byatumye ahakura impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza, mubigendanye no kwigisha imibare n'ubugenge (Bachelor's degree in mathematics and physics with education). mumwaka wa 2022, Gahamanyi viateur yakomeje icyiciro cya kaminuza icyizwi nka Masters Degree mukwigisha imibare(Masters Degree in Mathematics education) muri Kaminuza ya MOUNT KENYA UNIVERSITY. Gahamanyi viateur yakomeje kandi kujya yitabira amahugurwa agendanye n'isomo ry'imibare, aha twavuga nk'ayateguwe na African Mathematical School and conference yabaye kuya 18 kamena kugeza 29, 2023. gahamanyi kandi yagiye atsindira ibihembo aha twavuga n'igihembo yahawe cy'umwarimu wahize abandi mukarere ka Rusizi cyatanzwe na African Mathematical Sciences (AIMS).Gahamanyi viateur yitabiriye kandi amahugurwa menshi hanze y'igihugu, ibizwi nka workshops mundimi z'amahanga, aha twavuga amahugurwa yitabiriye mugihugu cy'U BURUNDI kuya 18 kugeza kuya 30 kamena 2024 agendanye na mathematics and computer sciences for the economics. yitabiriye kandi iteraniro ry'abanyamibare b'abagore bo muri africa (inaugural african women in Algebra) yabereye mugihugu cya UGANDA kuva kuya 01 kugeza kuya 06 nyakanga 2024. Gahamanyi viateur yagize uruhare mw'itegurwa ry'amahugurwa y'ihuriro nyafrika ryitwa African Women in sagemath. Gahamanyi viateur yakosoye ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye aho yakosoraga isomo ry'imibare. yakomereje mukigo cy'igihugu cy'ubumenyi ngiro (Rwanda Tvet Board) aho naho yakosoraga n'ubundi isomo ry'imibare ikorwa muma trades atandukanye. Mumwaka wa 2023 kandi Gahamanyi viateur, yabaye umuyobozi ushinzwe guhugura abarezi mw'isomo ry'imibare, ibizwi nka Master trainer aho yahuguraga abarezi k'uburyo bushya bw'imibarize( assessments) bugamije gupima ireme ry'ibyo umwana yize mumasomo (competences) aya mahugurwa yateguwe na African Institute for Mathematical Sciences (AIMS). umwaka wa 2016 kandi nawo twavuga ko yakoze amahugurwa y' imiyoborere kuri 7 habits of a highly effective people by steven convey, ubunararibonye n'ubumenyi yahakuye bwagiye bumufasha kuyobora mubintu bitandukanye, aha twavuga igihe yigaga icyiciro cya gatatu (master's degree) yabaye uhagarariye abandi banyeshuri bizwi nka class presentative (CP) kw'ishuri yizemo rya mount kenya university aho yayoboye imyaka ibiri.Gahamanyi Viateur kuri ubu ni Asstistant Lecturer muri Kaminuza Gaturika Ya Kabgayi (INSTITUT CATHOLIQUE DE KABGAYI) aho akora nk'umwalimu w'isomo ry'Imibare.