Cyrille Mubiala Kitambala

Kubijyanye na Wikipedia

Cyrille Mubiala Kitambala (Yavutse Ku ya 7 Nyakanga 1974 i Kinshasa )ni umukinnyi ukina umupira w'amaguru muri congo (DRC) .

Yitabiriye igikombe cy’ibihugu by’Afurika muri 2006 hamwe n’ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo aho yatsinze igitego ku gihugu cyatsinze na Misiri, nubwo igihugu cye cyatsinzwe ibitego 4-1.

Umwuga[hindura | hindura inkomoko]

Yatangiye umwuga we muri 1998 muri CS Style du Congo, nyuma yinjira muri AS Dragons .

AS Vita Club[hindura | hindura inkomoko]

Mu 2000 yinjiye muri imwe mu makipe akomeye mu gihugu AS Vita Club imyaka itatu.

Muri 2003, yari afite ibyifuzo bya makipe nka Ajax Cape Town, Mamelodi Sundowns, n'izindi.

Ajax Cape Town[hindura | hindura inkomoko]

Amaherezo yaje gusinyira Ajax Cape Town aho yakinnye imikino 69 atsinda ibitego 7.

Bloemfontein Celtic FC[hindura | hindura inkomoko]

Muri 2009, yasinyanye na Bloemfontein Celtic FC muri shampiyona imwe, akina imikino 13 atsinda ibitego 3.

Guhitamo igihugu[hindura | hindura inkomoko]

Yitabiriye Igikombe cya Afurika cyo muri 2004 aho yaje ku mwanya wa gatatu mu itsinda.

Yitabiriye cyane igikombe cy’Afurika cy’ibihugu muri 2006 aho yaje ku mwanya wa kabiri mu itsinda inyuma ya Kameruni.

Muri kimwe cya kane kirangiza hagati ya DR Congo na Misiri. Yatsinze igitego kimwe nubwo yatsinzwe 4–1.

Nyuma ya marushanwa yarangije umwuga we mpuzamahanga yari yarakinnye mu mikino 21 yose nigitego 1.