Amakoro yafatwaga nk’umuvumo yabaye imari ishyushye i Musanze

Kubijyanye na Wikipedia
ubu amakoro basigaye banayubakisha

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Musanze bemeza ko kuri ubu amakoro yababereye nka zahabu kuko basigaye bayakuramo ibikoresho birimo ibyo kubakisha, imitako n’ibindi bibateza imbere mu gihe mbere uwatekeshwaga ahari amakoro yabifataga nk’uvumwe.

Mu gihe cyo hambere wasangaga umuntu utekeshejwe ahantu hari amakoro yarabifataga nk’aho ababyeyi be bamwanga kuko wasangaga hatera kubera ko no kuhahinga byasaga n’ibidashoboka.

ubwoko bw'amabue bita Amakoro

Akamaro[hindura | hindura inkomoko]

Aya mabuye yakunze kujya yifashishwa mu bwubatsi no kuzitira imirima yabo ariko bigakorwa mu buryo budateye imbere kuko wasangaga hari amabuye batashoboraga kumena ngo akoreshwe kubera ubunini bwayo n’ibikoresho bakoreshaga bidateye imbere, bigatuma kubyaza umusaruro ayo masambu bibagora no mu gihe cyo kuyagurisha bakaba barahendwaga cyane.

Kuri ubu siko bikimeze kuko umuntu ufite umurima urimo amakoro usanga aba ashakishwa n’abifite ngo bamugurire. Kuri ubu amakoro asigaye akorwamo amabuye meza yo kubakisha n’imitako kandi ugasanga ibikoresho bikorwamo bihenze kandi biramba cyane.

Hari ba rwiyemezamirimo bashinze inganda ziyakoramo amatafari yo kubakisha ndetse n’ibisigazwa byayo nabyo bikabyazwa umusaruro kuko hakurwamo icyo umuntu yagereranya n’icyondo ariko kiba gikomeye ku rwego rugereranywa na sima.

Umuyobozi wa sosiyete, CAMOSAG Ltd, Byazayire Kitoko avuga ko atangira uyu mushinga byari bigoranye ko hari abatarumvaga ibyo akora, ku buryo hari n’abamubwiraga ko ibyo akora ari nko gutwika amafaranga yabuze icyo akoresha.

Amakoro

Bwa mbere, ngo yaguze umurima n’umuturage wawumwingingiraga kuko yari yarabuze umuguzi bitewe n’uko wari wuzuyemo amakoro.

Yagize ati “Njya gutangira gutunganya amabuye y’amakoro nyakoramo ibikoresho by’ubwubatsi, nabanje kugura umurima wari warabuze abakiliya kubera ko urimo amabuye y’amakoro menshi. Urebye amafaranga nawuguze yari make ugereranyije n’ayo wari kugura utarimo ayo makoro kuko byagaragaraga ko byagorana kuwutunganya udafite ubushobozi.”

Yakomeje agira ati " Natangiye ncukura ayo mabuye yari yuzuye muri uwo murima, mfite umukozi umwe n’imashini imwe gusa. Umukozi yamaze nk’amezi atatu aconga amabuye mwishyura ariko ntarabona umuguzi.”

Urukuta rw'amakoro

Ibindi[hindura | hindura inkomoko]

Mu Karere ka Musanze haboneka inganda zirenga 10 zitunganya amabuye y’amakoro akorwamo amatafari y’ubwubatsi, umusenyi, garaviye, amapave n’ibindi.

Abahanga mu bwubatsi bemeza ko inzu yubakishijwe amakoro yatunganyijwe neza ishobora kuramba inshuro eshanu kurusha iyubakishijwe amatafari asanzwe kuko ishobora kumara imyaka irenga 150.

Reba[hindura | hindura inkomoko]

[1]

  1. http://www.igihe.com/ibidukikije/article/amakoro-yafatwaga-nk-umuvumo-yabaye-imari-ishyushye-i-musanze