Abanyiginya
Abanyiginya ni bumwe mu moko 18 y’Abanyarwanda, akomoka ku bakurambere babo. ikirangabwoko bwabo kikaba umusambi ubwo bwoko bwabaga mu rwanda rwo hambere ariko ubu nta ngikoreshwa.[1]
Inkomoko
[Hindura | hindura inkomoko]Buri bwoko bwagiraga icyo bumariye ubundi kandi bukubahirizwa, kimwe n’inyamanswa yabaga iburanga nkuko byashimangiwe na bamwe muba shakashatsi b'amateka yakera, Umuyobozi w’Ishami ry’Ururimi mu Nteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC) agira ati “Hari imiryango imwe n’imwe yashingwaga ibikorwa ibi n’ibi by’ibwami cyangwa byo mu buzima busanzwe.”[2]
Inzobere mu by'umuco n'amateka
[Hindura | hindura inkomoko]Muganga Rutangarwamaboko inzobere mu by’umuco n’ amateka akaba n’umuyobozi w’ikigo nyarwanda cy’ubuzima bushingiye ku muco, agerageza gusobanura inkomoko y’abanyiginya, agaciro, ndetse n’akamaro kabo mu Rwanda rwo hambere.[3]
Yagaragaje ko abanyiginya babyaraga abami bakababyarana n’ibibanda (ubwoko bwavagamo abagabekazi).
Ati “Usanga ingoma nyiginya ari na yo yahanze uru Rwanda tubona, kubera ko bo bari bari mu kintu cy’ubuyobozi.”[4]
Akomeza avuga ko abanyiginya nta bwoko na bumwe bari bahejwemo mu gushaka abagore, kimwe n’uko bo ubwabo bishakagamo, mu rwego rwo kwagura umuryango, bakawurinda kuzima, kuko bwabaga bufashe runini ku Rwanda. Akanavuga ko ari yo nkomoko y’inyandiko zishidikanya z’abazungu cyangwa abandi bantu batazi amateka y’u Rwanda, bakavuga ko abami b’Abanyarwanda bishakagamo bakarongora bashiki babo, ibyo bise ‘incest loyale’.[5]
Agakomeza avuga ko byavugwaga n’abadasobanukiwe imihango nyarwanda, kuko mu mihango nyarwanda habagamo icyo bita kwakira umugenzo, aho byabaga ari ukuryamana na mushiki we w’imuhana (mushiki w’umuntu batavukana mu nda imwe), byabaga bivuga umukobwa cyangwa umugore, ukomoka mu bundi bwoko basanzwe bahana abageni, ari na bo bitaga abase.[6]
Ati “Abanyiginya ni bwo bwoko bwashoboraga kwishakamo no gushaka mu moko yose. N’umwami Musinga abamisiyoneli bajya kumuvana ku ngoma biri mu byo bagendaga bitwaza, bamurega ko aryamana na bashiki be, n’abana be, n’abandi bantu bahuje ibitsina. Ariko ntabwo byabaga ari byo, ahubwo kwabaga ari ukudasobanukirwa ya mihango y’Abanyarwanda.”[7]
Muganga Rutangarwamaboko, avuga ko mu gitekerezo cyo mu birari bya Sabizeze hagaragaramo ko abanyiginya bari mu bwoko bw’ibimanuka, kuko ari ho haturuka abantu nka ba Kigwa, Gihanga, aho baba bashaka kuvuga ko ubuyobozi bw’u Rwanda bwavaga ku Mana.[8]
Ati “cyagaragazaga ko ubuyobozi bw’u Rwanda, bwagombaga kuba buturutse ku Mana. Ni na ho ibyo bimanuka ubundi biba byerekeza, bakaba bafite ubwenge nyegera Mana, bakaba ari abantu babasha gushishoza bakarenga ibigaragara bagafata ibitagaragara, ari na yo mpamvu no mu kugirango umuntu yereze ingoma, bose bagombaga kubaza indagu nk’impano y’Imana yahaye abakurambere yitoranirije, kugirango ijye ibanyuzamo ubushake bwabo buganisha kuri rubanda, abami n’abatware, na bo bamenye uko bitwara mu bihe runaka.[9]
Inkomoko y'ijambo Abanyiginya
[Hindura | hindura inkomoko]Urubuga www.wikirwanda.org, rugaragaza ko abanyiginya ari ijambo rikomoka ku rurimi rw’Urunyankore, aribyo bivuga: « abantu barambye ku bukire n’ubupfura» bishatse kuvuga abatunzi ba kera bafite uruhererekane rw’ubutunzi mu myaka amagana n’amagana, batari abakire ba vuba cyangwa se ngo babe abakire bahoranye ubukene (abakire b’inkirabuheri).[10]
Abanyiginya bakaba bari abakurambere ba Gihanga Ngomijana. Gusa ku Ngoma ya Yuhi I Musindi bagahinduka Abasindi. Bongera kwitwa Abanyiginya ku Ngoma y’umwami Ndoba (1213 - 1246) ariwe wahinduye. Mbere y’izi mpinduka, Abanyiginya bari bazwi nk’Abasindi, baturutse ku Mwami Yuhi I Musindi (1157 - 1180), wabyaye Umwami Ndahiro I Ruyange (1180 - 1213), wabyaye Umwami Ndoba wavuzwe haruguru. Ubwo Umwami Ndoba akaba Umwuzukuru wa Yuhi I Musindi. [11]
Abasindi bamwe na bamwe bakaba baragumanye izina ry’Abasindi ku bwo kubaha Yuhi I Musindi, bigaragara nko ku Mwami Ruganzu Bwimba, wiyitaga Umusindi. [12]
Ibyo bigashimangirwa na none n’igitabo cyanditswe na Nsanzabera Jean de Dieu, umwanditsi ku muco, amateka n’ubuvanganzo cyitwa ‘Intwari z’Imbanza, zubatse u Rwanda rugahamya igitinyiro’, hagaragaramo ko Abanyiginya ari izina rusange ry’abakomoka kuri Gihanga, batigeze bagira inkomoko ku yandi moko, cyane cyane abafite inkomoko kuri Kanyarwanda Gahima.[13]
Amashakiro:
[Hindura | hindura inkomoko]- ↑ https://rw.wikipedia.org/w/index.php?title=Abanyiginya&veaction=edit
- ↑ https://rw.wikipedia.org/w/index.php?title=Abanyiginya&veaction=edit
- ↑ https://rw.wikipedia.org/w/index.php?title=Abanyiginya&veaction=edit
- ↑ https://rw.wikipedia.org/w/index.php?title=Abanyiginya&veaction=edit
- ↑ https://rw.wikipedia.org/w/index.php?title=Abanyiginya&veaction=edit
- ↑ https://rw.wikipedia.org/w/index.php?title=Abanyiginya&veaction=edit
- ↑ https://rw.wikipedia.org/w/index.php?title=Abanyiginya&veaction=edit
- ↑ https://rw.wikipedia.org/w/index.php?title=Abanyiginya&veaction=edit
- ↑ https://rw.wikipedia.org/w/index.php?title=Abanyiginya&veaction=edit
- ↑ https://rw.wikipedia.org/w/index.php?title=Abanyiginya&veaction=edit
- ↑ https://rw.wikipedia.org/w/index.php?title=Abanyiginya&veaction=edit
- ↑ https://rw.wikipedia.org/w/index.php?title=Abanyiginya&veaction=edit
- ↑ https://rw.wikipedia.org/w/index.php?title=Abanyiginya&veaction=edit
- ↑ https://www.kigalitoday.com/umuco/amateka/article/menya-abanyiginya-ijambo-rivuga-abantu-barambye-ku-bukire-n-ubupfura