Jump to content

Abafite ubumuga mu Rwanda

Kubijyanye na Wikipedia
Disability symbols
They have the same rights as we, they want to study and learn
Ababana nubumuga bariga bakaminuza mu Rwanda

Ubumuga ni Igihe umuntu aba afite igice cy'umubiri runaka kitaba gikora neza nkunko bisanzwe. Ubumuga bushobora guterwa n'impamvu nyinshi zitandukanye. urugero kuba warabuvukanye, kuba warabutewe n'impanuka cyangwa ikindi kintu runaka. Ahantu henshi hakunze kugaragara amoko atandukanye y'ubumuga arimo; Ubumuga bw'ingingo, ubumuga bwomumutwe,ubumuga bw'amaso, cyangwa ubumuga bw'umubiri.

Tugiye gufata umwanya tuvuge kubafite ubumuga bw'amaso

Ibyo wamenyakubafite ubumuga bw'amaso

Indwara z'amaso ni igihe umuntu ataba abasha kureba neza ikintu runaka nkuko byari bikwiye. hakaba hari impamvu nyinsi zitera uburwayi bw'amaso, urugero; harimo indwara y’Ishaza, Izabukuru cyangwa se kuba umuntu atangiye gusaza [1]. Hakaba hari uburyo bwinshi tugomba gukoresha twirinda indwara z'amaso, urugero Uburyo bwa mbere ni ukwirinda ikintu cyose cyatokoza ijisho, kwirinda umwotsi w’inkwi, umwotsi w’imodoka, umuyaga urimo imikungugu ndetse n’imicanga byakwirindwa hakoreshejwe indorerwamo zitari iz’amaso, ndetse nibindi byinshi bitandukanye [2]

Ukotwakita kubafite indwara z'amaso

person living with disability in Rwanda

Urujijo rwo kutamenya kwita kubafite ubumuga ntabwo buri mubaturage gusa buri no mubayobozi nubwo byakwitwa kutamenya gusa iyo babimenye barabikosora. Hagaragayeko harabantu bagishungera abafite ubumuga bwo kutabobona ahokubegera ngo babafashe mu kwambuka ahubwo ugasanga baraho babashungera.[3] Ihuriro ry'abafite ubumuga bwo kutabona ryashinzwe mu mwaka 1994 nyuma yuko byagaragaye ko abafite ubumuga baba bihishe murugo kuko wasangaga ntakintu nakimwe babaga bashoboye cyangwa babasha gukora, bityo hashizweho ihuriro kugira ngo bigishwe ibyibanze bashobobora kwikorera kugirango nabo bagire agaciro muri sosiyete nyarwanda bagire ibyo bigezaho banabashe kwiteza imbere. [3]Kubanyeshuri bafite ubumuga mu mwaka wa 2022 mu Rwanda hatangiye gukoreshwa (Orbit Reader) imashini zimeze nka mudasobwa aho umwarimu n'umunyeshuri ufite ubumuga bwo kutabona bashobora guhanahana amakuru.[4] Ibyo bibafa gufasha Umwalimu ashobora gufata amasomo ari kuri terefone akayashira muri iyo mashini kuburyo umwana ufite mudasobwa ifite interineti abasha gukurikirana amasomo hifashishijwe inyandiko ya Braille yashizwe muri iyo mashini ya abafite ubumuga.[4]

Umushinga w'Imashini zifashwa n'abafite ubumuga

[Hindura | hindura inkomoko]
Abafite ubumuga bahabwa ubufasha

Ni umushinga kurubu hamaze gutangwa utumashini 50 hirya no hino mu Rwanda,ni muri urworwego ko biteganijwe ko tuzagaragara mu bikoresho bigomba kwifashishwa m'uburezi bw'u Rwanda mu mwaka w'amashuri 2023 na 2024. [3]Kandi hariho gahunda yuko ibitabo byifashishwaga mu burezi mu Rwanda bishyirwe munyandiko ya braille no m'uburyo bw'ikoranabuhanga kugira ngo na abanyeshuri barimo n'abafite ubumuga bwo kutabona babashe kubisoma mu buryo buboroheye.[5] Mu kwezi kwa Kanama mu mwaka 2023 hatangajweko hagiye gusohoka inkoranyamagambo y'ururirmi rw'amarenga rukaba rwashyirwa nanone kurutonde rw'indimi zisanzwe zikoreshwa mu Rwanda.[5]

  1. https://kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/dore-zimwe-mu-mpamvu-ziri-ku-isonga-mu-gutera-uburwayi-bw-amaso
  2. https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/Dore-uko-wakwirinda-uburwayi-bw-amaso-ku-kigero-cya-80
  3. 1 2 3 https://inyarwanda.com/inkuru/134297/abafite-ubumuga-bwo-kutabona-barasaba-guhabwa-agaciro-mu-nsengero-134297.html
  4. 1 2 https://mobile.igihe.com/amakuru/article/u-rwanda-mu-nzira-zo-koroshya-imyigire-y-abafite-ubumuga-bwo-kutabona-kutumva
  5. 1 2 https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abantu-bafite-ubumuga-bababazwa-no-kuba-hari-abakibita-amazina-abambura-ubumuntu