Jump to content

URUSENGERO RWA ADEPR GISHARI

Kubijyanye na Wikipedia
(Byoherejwe kuva kuri ADPR Gishari)

AHO RUHEREYE

[Hindura | hindura inkomoko]

ADEPR GISHARI ni urusengero rw' Abapentekoste ( pentecoste) ruherereye mu ntara y' Iburasirazuba, mu Karere ka Rwamagana, mu Murenge wa Gishari,mu Kagari ka Bwinsanga. Urwo rusengero ruherereye ahegereye ikiyaga cya Muhazi uvuye kuri metero 3000m. Uvuye kuri Kaminuza ya IPRC Gishari no kuri RNP (Rwanda National Police) iherereye muri metero nka 350m[1].

[Hindura | hindura inkomoko]

[2]ADEPR yagejejwe mu Rwanda n’Abamisiyoneri bo muri Suède. Nyuma y’imyaka itatu bahageze ni bwo mu 1943 babatije Umunyarwanda wa mbere, Sagatwa Rudoviko, wabaye umukirisitu wa mbere mu itorero. Ubutumwa bwashibutse mu myaka 83 ishize bumaze gukwira ku isi yose ndetse by’umwihariko mu Rwanda ADEPR ifite abayoboke barenga miliyoni ebyiri.

IMIBANIRE Y'ABAKRISTO

[Hindura | hindura inkomoko]

Urwo rusengero abakirisito bafite gahunda nziza yo kugemurira abarwayi kwa muganga, ibyo babikora bakusanya imfashanyo muri bo. Mu Rwanda insengero zifasha Leta y'u Rwanda mu kugabanya ibyaha bitandukanye nk'ubujura, abigisha bashishikariza abantu kwirinda ibyaha kuko ari inzira ijyana abantu mu muriro w'iteka.[3]Abakristu i Gishari baharanira kubaho bakurikiza inyigisho za Yesu Kristo. Bagaragaza urukundo, gufashanya, gusenga no kugira imyitwarire myiza mu miryango no mu muryango mugari. Bitabira ibikorwa by'itorero, bafasha abatishoboye kandi bagaharanira amahoro n'ubumwe. Imibereho yabo igamije kuba urugero rwiza mu mico no mu bikorwa bya buri munsi.

AMASHAKIRO;

[Hindura | hindura inkomoko]
  1. Editing ADPR Gishari - Wikipedia
  2. https://images.search.yahoo.com/search/images;_ylt=Awriipq6wzNqIQMAw7OJzbkF;_ylu=Y29sbwNiZjEEcG9zAzEEdnRpZAMEc2VjA3JlbA--?p=ADEPR+Rwanda&fr2=p%3As%2Cv%3Ai%2Cm%3Ars-top%2Cct%3Abing%2Crgn%3Atop%2Cpos%3A1&fr=mcafee&imgurl=https%3A%2F%2Fpbs.twimg.com%2Fmedia%2FEuwDXZNXUAA55R7.jpg%3Alarge
  3. Editing ADPR Gishari - Wikipedia