Aurore Mimosa Munyangaju

Munyangaju Aurore Mimosa ni umunyarwandakazi w’umunyapolitiki n’umucuruzi wabaye Minisitiri wa Siporo mu Rwanda kuva ku wa 5 Ugushyingo 2019.[1] Azwi kubera uruhare yagize mu guteza imbere siporo ndetse n’ibikorwa by’imari n’ubucuruzi mu gihugu.
Ubuzima Busanzwe
[Hindura | hindura inkomoko]Munyangaju Aurore Mimosa ni umubyeyi wubatse ufite umugabo n’abana batatu (abahungu babiri n’umukobwa umwe). Akunda siporo zirimo gutwara igare, tenisi na basketball.[2]
Amashuri yize
[Hindura | hindura inkomoko]Mimosa afite impamyabushobozi mu bijyanye no gucukumbura imigirire ya muntu yatanzwe n’ikigo cya ACI muri Australia mu ishami ry’amashyirahamwe n’imari. Yarangije kandi mu Ishuri ry’Ubuyobozi rya Maastricht mu Buholandi afite impamyabushobozi mu gucunga imishinga.[3]
Umwuga
[Hindura | hindura inkomoko]Mbere yo kugirwa Minisitiri w’Imikino mu Rwanda, Mimosa yari Umuyobozi Mukuru wa Sonarwa Life Company i Kigali. Yabaye kandi Umuyobozi Mukuru wa African Alliance Rwanda, ikigo cy’ishoramari.[1] Afite uburambe burenga imyaka icumi mu bijyanye n’imari, ubucuruzi no gucunga umutungo.
Inzobere mu gucunga umutungo
[Hindura | hindura inkomoko]Yagize uruhare mu guteza imbere ibikorwa by’imari n’ishoramari mu Rwanda, harimo no guteza imbere isoko ry’imigabane n’ibindi bikorwa by’ubucuruzi.[1]
Inyandiko zifashishijwe
[Hindura | hindura inkomoko]- 1 2 3 "Itangazo rya Minisiteri ya Siporo". Minisiteri ya Siporo mu Rwanda. Retrieved 2020-09-25.
- ↑ "Ikiganiro kuri Munyangaju Aurore Mimosa". YouTube.
- ↑ "Maastricht University". Maastricht University.