Alice Muhoza Mutoni

Kubijyanye na Wikipedia

Ni umunyarwandakazi

Amashuri yize[hindura | hindura inkomoko]

Alice Muhoza Mutoni afite impamyabumenyi ihanitse mu by'amategeko yakuye muri kaminuza yigenga ya Kigali, kuri ubu akaba akurikirana Master of Gender and Development Studies muri kaminuza y'u Rwanda.[1]

Alice afite uburambe mu kurinda no kurengera abana. Afite kandi gusobanukirwa neza uburinganire n’imibereho, kubona ubutabera, ubufasha mu by'amategeko, abagore, urubyiruko n’uburenganzira bw’abana.[1]

Umwuga[hindura | hindura inkomoko]

Alice ni umuyobozi muri Kaminuza yigisha ibijyanye n'ubuzima mu Rwanda yitwa Global Health Equity University ( UGHE) . Mbere yo kwinjira muri UGHE, Madamu Alice Muhoza Mutoni yabaye umuyobozi ushinzwe kurengera abana no kurinda umutekano mu gihugu muri World Vision International Rwanda.[1]

Alice yabaye umuhuzabikorwa w’uburenganzira bwa muntu n' ubutabera mu ishyirahamwe ry'urubyiruko riharanira uburenganzira bwa muntu n'iterambere (AJPRODHO-JIJUKIRWA)[2].

Amashakiro[hindura | hindura inkomoko]

  1. 1.0 1.1 1.2 https://ughe.org/alice-muhoza-mutoni
  2. https://allafrica.com/stories/201210070032.html