Jump to content

Urutare rwa Bigogwe

Kubijyanye na Wikipedia

Urutare rwa Bigogwe ruherereye mu karere ka Nyabihu mu ntara y'iBurengerazuba bw'U Rwanda.[1]

Inkomoko y'izina

[Hindura | hindura inkomoko]

urutare rwahawe izina ibere rya Bigogwe bishingiye ku nkuru ivugwa mu mateka y'U Rwanda y'uwitwa Bere, wari umer mu basigajwe inyuma n'amateka wabonye ubuki ari kumwe na bagenzi be biyemeza kujya kubuhakura. Bere niwe wagiye aho ubwo buki bwari brui atangira kubuhakura aburya adasanyiye na Bagenzi be yirengagije ko ari bo bari bafasha imigoze imukomeza ngo atagwa mu rutare. Bagenzi ba bere babonye ko atari buze kuzana ubuki ngo basangire bahizemo kumjurekura, agwa mu rutare, ahasiga ubuzima. nibwo hatangiye kwitirirwa uwo Bere kuva ubwo kugeza n'ubu. Nyuma ariko haje guhindurwa ahakorerwa imyitozo y'igisirikare. kandi aka gace kakomeje kumenyekana kubera ubukerarugendo bushingiye ku nka.[1][2]

Urutare rwa Bigogwe

Andi mateka y’uruhererekane nyemvugo avuga ko kwita ako gasozi ‘Ibere rya Bigogwe’ byaba byaraturutse ku mukobwa witwaga ‘Nyirabigogwe’ wari ufite ibere rinini cyane, akaza kugwa kuri uwo musozi bakahamwitirira.[2]

  1. 1.0 1.1 https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/Menya-inkomoko-y-izina-Ibere-rya-Bigogwe
  2. 2.0 2.1 https://mobile.igihe.com/umuco/amateka/article/iby-ibere-rya-bigogwe-bivugwa-ko-ryagaritse-ingogo-mu-basirikare-ba-habyarimana