Jump to content

Umwaka wa 2022 usize u Rwanda rwungutse Pariki mu mujyi rwagati

Kubijyanye na Wikipedia

Bwa mbere mu myaka isaga ijana umujyi wa Kigali umaze ubayeho, uwa 2022 uzahora wibukwa nk’uwa mbere wasize uyu mujyi ubonye pariki ya mbere ariyo ya Nyandungu, yatunganyijwe mu rwego rwo kurengera ibidukikije.

Pariki ya Nyandungu yabaye indoto zahindutse impamo kuva mu myaka myinshi kuva Kigali yagirwa Umurwa Mukuru w’u Rwanda.

Ntabwo umuntu yapfa kwiyumvisha uburyo mu mujyi rwagati hashoboraga kuzura pariki ihuza urusobe rw’ibinyabuzima bitandukanye ndetse ibungabunga ibidukikije ku buryo bwose bushoboka bijyanye n’umubare munini w’abantu bawugenda.

Abagiriwe amahirwe yo kuhagenda, ni pariki yujuje byose bisabwa ku cyanya nyaburanga, kuko n’ingufu zikoreshwamo zikomoka ku mirasire y’izuba. Uhageze asanganirwa n’umwuka uyunguruye n’amajwi y’inyoni z’amoko atandukanye.

Mbere kitaratunganywa igishanga cya Nyandungu cyakorerwagamo ubuhinzi, ubworozi bw’amatungo yaragirwagamo ndetse hari abagikoreshaga nk’ikimoteri cyo kumenamo imyanda, bigatuma cyangirika.

Ku muntu uhaheruka nko mu 2018, ubu ahageze yatungurwa. Ha handi hatagendwaga, hatabonekaga inyamaswa nk’inyoni n’izindi, ubu hahinduwe Pariki y’Ubukerarugendo bubungabunga Ibidukikije ya Nyandungu

Iri mu Mirenge ya Ndera ho mu Karere ka Gasabo na Nyarugunga muri Kicukiro, kiri hagati y’umuhanda wa La Palisse Hotel kugera k’ugana i Ndera kuri 15, kiri ku buso bwa hegitari 121.

Ni umushinga washimwe n’abaharanira kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima ku buryo ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buherutse gutangaza ko n’ibindi bishanga bitanu biwubarizwamo bigiye gusanurwa.

Uyu mushinga ni umwe mu ikomeye yatangirijwemo isuzuma muri Kigali hagamijwe kureba uko ibishanga byabyazwa umusaruro ndetse bigahindurwa ahantu nyaburanga abantu bashobora kuruhukira nyuma yo kuva ku kazi k’ingume.

Ibi ni urugero rugaragaza ko intego u Rwanda rwihaye yo kwimakaza iterambere rishingira ku ku bungabunga ibidukikije izagerwaho nta nkomyi.

[1]

  1. http://mobile.igihe.com/ibidukikije/ibungabunga/article/umwaka-wa-2022-usize-u-rwanda-rwungutse-pariki-mu-mujyi-rwagati