Kigarama iri mu bice by'iburasirazuba bwa Kigali, ikaba igizwe n'imidugudu itandukanye. Ni ahantu haturanye n'imirenge nka Niboye, Gikondo, na Kabuye.
Kigarama ni umurenge wateye imbere mu bijyanye n'ubucuruzi, ibikorwa by'ubuhinzi n'ubworozi, ndetse n'ibikorwa remezo nka amazi, amashanyarazi n'ibikorwa by'uburezi. Uyu murenge kandi urafite ibikorwa byinshi by'iterambere ku rwego rw'umujyi wa Kigali.
Hari byinshi byagiye bikorwa muri Kigarama, harimo imihanda mishya, amahugurwa atandukanye ku baturage ndetse n'ibikorwa by'ubwuzuzanye mu bice bitandukanye by'ubuzima.
Mu Murenge wa Kigarama, hari ibikorwa remezo byinshi byateye imbere mu myaka yashize, bigamije guteza imbere imibereho myiza y'abaturage ndetse no kubafasha kugira ubuzima bwiza. Bimwe muri ibyo bikorwa remezo birimo:[2]
Imihanda n'ubwikorezi:
Kigarama ifite imihanda myiza isukuye, imwe ikaba yari yaratewe imbere cyane mu buryo bwo kubaka no kongera ubushobozi bw’imihanda, bikaba byorohereza abatuye muri uyu murenge kugenda neza.
Hari kandi gahunda yo kubaka no kunoza ibikorwaremezo by’imihanda, harimo no gukora imihanda y’ibyuma, ibikorwa bihamye mu gufasha abagenzi bava cyangwa bajya muri Kigarama.
Amazi n'amashanyarazi:
Kigarama ifite gahunda yo kugeza amazi meza ku baturage benshi, aho imishinga itandukanye yo kuyageza mu baturage yatangiye gutanga umusaruro.AMAZI Y'AMASOKO
Mu bijyanye n'amashanyarazi, umurenge wa Kigarama nawo warageze ku baturage benshi, hakaba ibikorwa byo kugera ku ntego yo kugira amashanyarazi mu ngo zose, mu rwego rwo guteza imbere imibereho myiza.URUGOMERO RW'AMASHANYARAZI
Uburezi:
Hari amashuri y'incuke, abanza, ayisumbuye ndetse n'amashuri y'ubumenyingiro (TVET), biri mu murenge wa Kigarama. Ibi bikorwa bituma abana b'abaturage bo muri Kigarama babona amahirwe yo kwiga.[3]UBUREZI MU M'UMASHURIGahunda y'amashuri y'ubumenyi n'ikoranabuhanga nayo igenda iteza imbere uru rwego, binyuze mu gushyiraho ibigo bishya by'uburezi.AMASHURI
Ubuvuzi:
Mu rwego rw’ubuzima, Kigarama ifite ibigo nderabuzima bibiri byagiye bikorwa muri uyu murenge. Ibi bitanga serivisi z’ubuvuzi ku baturage, bigatuma abaturiye Kigarama babona ubuvuzi bw’ibanze hafi yabo.[4] Hari kandi ibikorwa by’ubuzima bigamije kwigisha abaturage uburyo bwo kwirinda indwara no kubafasha kugera ku buvuzi bwiza.INYUBAKO ZI KORWAMO UBUVUZI
Imishinga y'iterambere:
Kigarama ifite ibikorwa byinshi by’iterambere mu rwego rw’ubuhinzi n'ubworozi, ahanini bigamije gufasha abaturage mu kubona ibiribwa bihagije no guteza imbere ubukungu bwabo.[5]UBUHINZI
Kigarama irimo gutera intambwe mu gukoresha ikoranabuhanga mu buzima bwa buri munsi. Hari ibikorwa byo guteza imbere ibikorwa byo guhanahana amakuru, kubaka ibigo by'ikoranabuhanga, no gukoresha ikoranabuhanga mu bucuruzi, uburezi, ndetse no mu buvuzi.[6]IKORANA BUHANGA MU BUVUZI