Jump to content

Ubugeni bwashimiwe

Kubijyanye na Wikipedia

LeBron James yashimye imyambaro ya Moshions Sudani y’Epfo yaserukanye[1]

[Hindura | hindura inkomoko]

Yanditswe na ISHEMA Christian

Kuya 02 march 2025 saa 10:12

Yabivuze nyuma y’ubutumwa bwatambukijwe ku rubuga rwa ‘LeagueFits’, bugaragaza ko Ikipe y’Igihugu ya Sudani y’Epfo yitabiriye imikino Olempike 2024 yambaye neza.[2]

Mu bitekerezo byatanzwe kuri aya amafoto yashyizwe kuri uru rubuga aherekejwe n’ubutumwa, LeBron James, yanditse agaragaza ko aba basore bari bambaye neza.

Ati “Abahungu basa neza.’’

Ubwo imikino ya Olempike yatangiraga abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Turahirwa Moses yagaragaje ko yishimiye kuba ari we wambitse Ikipe y’Igihugu ya Basketball ya Sudani y’Epfo.

Ati “Dutewe ishema no kugera i Paris aho twambitse Ikipe y’Igihugu ya Sudani y’Epfo yitabiriye Imikino Olempike, imyenda yose yahanzwe inakorwa na Moshions.”

Ikipe y’Igihugu ya Sudani y’Epfo iherutse guca igikuba nyuma yo gutsindwa bigoranye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika amanota 101 kuri 100 mu mukino wa gicuti bakinnye bitegura imikino Olempike.

Imikino Olempike yatangijwe ku mugaragaro mu muhango wabaye ku wa Gatanu, tariki 26 Nyakanga 2024 i Paris mu Bufaransa ku mugezi wa Seine.

Ni ku nshuro ya 33 iyi mikino igiye gukinwa mu mpeshyi kuva habaye iya mbere i Athènes mu Bugereki mu 1896.

LeBron James yishimiye imyambaro Moshions yambitse Ikipe y’Igihugu ya Sudani y’Epfo

Abakinnyi ba Sudani y'Epfo mu myambaro ya Moshions

Basketball : Lebron James yujuje amanota ibihumbi 40[3]

Ibi Lebron James yabikoze mu ijoro ryo Ku wa Gatandatu rishyira iryo Ku Cyumeru, tariki 3 Gashyatare 2024 ubwo ikipe ya Los Angeles Lakers akinira yatsindwaga iwa yo kuri Crypto Arena na Denver Nuggets amanota 124-114.

Muri uyu mukino Lebron James yitwaye neza kuko yatsinze amanota 26 amugira uwa kabiri watsinze menshi nyuma ya Nikol Jokic ukinira Denver Nuggets watsinze 29 aho uyu mugabo w’imyaka 39 kandi yanabaye umukinnyi mwiza (MVP) bitewe n’amateka yari akoze ndetse binamugira mwiza kuko ayo manota yatsinze yose yaje ava inyuma dore ko ikipe ye yari yarushijwe.

Byamusabye gutsinda amanota ari hejuru 9 kugirango yuzuze amanota ibihumbi 40 kuko yagiye mu mukino ariyo abura ngo akore aka gahigo ndetse akomeze kuyobora uru rutomde rwa’abakinnyi batsinze amanota menshi muri rusange barimo Kareem Abdul-Jabbar, Stephen Curry ndetse na Kobe Bryant.

Lebron James ubwo yari amaze guca kuri Kareem Abdul-Jabbar ina we wahoze akinira Los Angeles Lakers wari afite amanota ibihumbi 38 338 nibwo yatangajeko yifuza kuzuza amanota ibihumbi 40 ndetse byaba byiza akayarenza.

Usibye kandi kuzuza amanota ibihumbi 40, Lebron James yabaye umukinnyi wa kane watanze imipira myinshi ivamo amanota (Assists) nyuma yo kuzuza ibihumbi 10 ,akaba aza inyuma ya John Stock wa mbere ufite ibihumbi 15, Jason Kid ufite ibihumbi 12, Paul Chris ufite ibihumbi 11.

Lebron James kandi yujuje gukina imipira ya kabiri ibihumbi 10 ( Rebounds) ikinwa iyo umukinnyi yugarira cyangwa asatira atsinda byahise bimushyira byibuze mu bakinnyi 25 bakoze ako gahigo.Mu manota ibihumbi 40, yatsinze 23,119 muri Cleverland Cavaliers , atsinda 7,919 muri Miami Heat ahatsindira ibihumbi 8,979.

Utu duhigo turaza twiyongera ku mateka amwe n’amwe yagira kora arimo; gutwara ibikombe 4 bya shampiyona (NBA), ndeste aba umukinnyi wa shampiyona inshuro 3 (MVP).

ISHEMA Christian/rw.wikipedia.org

  1. https://igihe.com/fashion/article/lebron-james-yashimye-imyambaro-ya-moshions-sudani-y-epfo-yaserukanye
  2. https://www.kigalitoday.com/imikino/basketball/article/basketball-lebron-james-yujuje-amanota-ibihumbi-40
  3. https://www.kigalitoday.com/imikino/basketball/article/basketball-lebron-james-yujuje-amanota-ibihumbi-40