Jump to content

Niyomwungeri aaron

Kubijyanye na Wikipedia

Niyomwungeri Aaron ni umwe mubagize ihuriro ryabanditsi ba filime mu Rwanda, wagiye ugira uruhare muguteza imbere umwuga biciye muri iryo ihuriro.

Umwuga Akora

[Hindura | hindura inkomoko]

Mu kazi ke ka buri munsi, Aaron ni Umuyobozi ushinzwe amarushanwa n’ibihembo mu izinda ryo gutanga ibihembo ku rwego muza mahanga mu Rwanda( Rwanda International Movie Awards). Ni umwanditsi wa filime, umuyobozi wa filime , ndetse n’umukozi w’amajwi. Yagize uruhare mu guteza imbere uruganda rwa sinema mu Rwanda. Afatanije na bagenzi be bashyizeho urubuga rwitwa " vugafrica.rw" rugamije gufasha abanditsi ba filime mu Rwanda no muri Afurika muri rusange kubahuza n’abaguzi no gucuruza inkuru zabo, bikabafasha kwiteza imbere.[1][2]

Aaron ni umunyamakuru, umusangiza nkuru , ndetse n’umuyobozi w’ibirori uzwi cyane kubera ubuyobozi mu mishinga y’ubugeni n’umuco. Ni umwe mu bashinze Mashariki African Film Festival ndetse yigeze no kuyobora ishyirwa mu bikorwa ry’ibirori bya Set Film Festival. Mu bikorwa bye bifite uruhare , Aaron yayoboye amarushanwa ya National Street Dance Competition, inshingano yagiye akora yitanga, bitewe n’urukundo afitiye gufasha urubyiruko kugaragaza impano zabo mu mbyino, filime, umuziki n’izindi nzira z’ubuhanzi.[3]

Nk’umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubuzima bwa Aaron bwaranzwe no gukomera ku ntego no kugira uruhare mu kubaka igihugu. Ukwemera kwe mu mahoro n’ubumwe si amagambo gusa, ahubwo kugaragarira mu bikorwa bye by’ubuhanzi no guhindura imibereho y’abaturage binyuze mu nkuru z’ukuri.[1]

Ku bwa Aaron, gusobanura inkuru si umwuga gusa ni uburyo bwo gukiza ibikomere, kwibuka, no kurinda umuco. Umwuga we wose ushingiye ku kwemera ko ubuhanzi ari kimwe mu bikoresho bifite imbaraga cyane mu kubaka amahoro n’ubumwe.

  1. 1.0 1.1 Abanditsi ba filime bashyiriweho urubuga rwa internet bazacururi | InyaRwanda.com
  2. https://www.ktpress.rw/2021/11/rwandan-screenplay-writers-can-now-sell-online/
  3. Ibihembo bya ‘Rwanda Performing Arts’ bizatangirwa i Huye – Umuseke