Meliane Unesha

Meliane Unesha ni rwiyemezamirimo wo mu Rwanda wahoze ayobora ingendo none akaba akora ubukerarugendo nyuma yo gukina firm ye 'Salama Afrika'.[1]
Amashuri
[Hindura | hindura inkomoko]Yize Ibaruramari muri Baptiste College Gacuba 2.
Amateka
[Hindura | hindura inkomoko]Akora umwuga we mu bukerarugendo. Meliane Unesha yabanje gutangira ari umucuranzi nk'umuhanzi wa Gospel nyuma aza kurangiriza mu muziki w'isi aho yakoreye 'Aranankunda' na 'Abantu' barimo Sintex.[2] Mu nkuru ye mu bijyanye n'ubukerarugendo, nubwo akora Business ntabwo yize ubukerarugendo, ahubwo yize Ibaruramari muri Baptiste College Gacuba 2. Nubwo akunda ibidukikije, ntabwo yari azi ko yarangiza akayobora ingendo cyangwa mu bukerarugendo no kubungabunga ibidukikije.[3][4]
Unesha ati “Muri Mata 2014, numvise ko Parike y'Akagera irimo gushaka abayobora ingendo nshya njyayo ngerageza amahirwe. Ntabwo nari nzi neza ko nshobora kubikora ariko yego narabikoze. Kuva icyo gihe, nagiye mu mahugurwa atandukanye kugira ngo mbe umuyobozi wabigize umwuga kandi ngumayo imyaka 6 nyobora ba mukerarugendo mpuzamahanga. Muri Werurwe 2020 nabonye andi mahirwe yo gukomeza amasomo yanjye muri Amerika muri Madison College ntiyabasha kuhajya kubera ubwiyongere bwa Covid 19.
Ibihangano
[Hindura | hindura inkomoko]Yakoze indirimbo yitwa nzaguma mu ihema ryawe Mana
Indanganturo
[Hindura | hindura inkomoko]- ↑ https://muckrack.com/jeannette-kawera/articles
- ↑ https://www.newtimes.co.rw/business/how-former-tour-guide-set-firm-amid-pandemic
- ↑ https://inyarwanda.com/inkuru/71460/meliane-unesha-yashyize-hanze-amashusho-y-indirimbo-ye-ya-mb-71460.html
- ↑ https://www.newtimes.co.rw/business/how-former-tour-guide-set-firm-amid-pandemic