Jump to content

Kuboha ibiseke

Kubijyanye na Wikipedia

Kuboha ibiseke nibumwe mubugeni dusanga mu muco nyarwanda, bwakunze gukorwa n'abanyarwanda bohambere, ibyobikoresho baboshye bakabyifashisha mumirimo itandukanye yaburi munsi.[1]

[Hindura | hindura inkomoko]

Muri iki gihe kuboha ibiseke bifatwa nkindi myuga yose kuko bifasha abanyarwanda kwiteza imbere cyane cyane abigitsina gore. Bamwe mubagore barenga ibihumbi 2 mu mujyi wa kigari bavugako kuboha ibiseke byababereye isoko y'umurimo m'uburyo bwogukomera kundanga gaciro nyarwanda yo gukunda umurimo n'uburyo nyabwo kandi buboneye byogukomera no gusigasira umuco w'u Rwanda.

[Hindura | hindura inkomoko]

Bamwe mubabyeyi bavugako kuboha ibiseke uretse kuba isoko yamafaranga, nin'ubunjyeni bubumbatiye umuco w'u Rwanda. Uretse nibyo kuboha ibiseke nuburyo bwogusigasira umuco nyarwanda, binafasha abanyarwanda gukomera kundanga gaciro naza kirazira , kuko hari bamwe muba nyarwanda bavuga ko kuboha ibiseke byababereye isoko y'imirimo bakareka ubucuruzi butemewe bakoraga, n'abataragiraga imirimo bakora ubu bakaba bariteje imbere kuburyo bugaragara.

[Hindura | hindura inkomoko]

Ku i REBERO muri Kicukiro niho hubatse inyubako yitwa [1]Agaseke center akaba ariho hahurizwa ibiseke byaboshye nabanyarwanda bahuriye muma coperative atandukanye mu mujyi wa Kigali biyemeje gushyira imbaraga zabo mubikorwa bugukomera nogusigasira umuco nyarwanda.

[Hindura | hindura inkomoko]

Bamwe mubahanzi bahanga cgangwa baboha ibiseke bavugako kuboha ibiseke arimwe munzira nyayo yogukomeza kuzamura umuco w'u Rwanda kuruhando muza mahanga cyaneko bahamwako kuboha ibiseke binafasha ubukerarugendo m'u Rwanda.[2]

[Hindura | hindura inkomoko]
Reba kandi
  1. 1.0 1.1 https://igihe.com/abantu/success-stories/article/uko-ubupfubyi-bwasembuye-inganzo-ya-kabasire-yo-kuba-umuboshyi-w-ibyibo
  2. https://rba.co.rw/post/Uburyo-kuboha-Agaseke-byabaye-isoko-yumurimo-no-gusigasira-umuco-wu-Rwanda