Imisezero y’Abami b' u Rwanda
Appearance

Imisezero ni ahantu hatabarizwaga (hashyingurwaga) abami n' Abagabekazi b' u Rwanda, mu Rwanda Abami n' abagabekazi bagiye batabarizwa ahantu hatandukanye mu gihugu ariko habayeho imisezero rusange, urugero n' umusezero w' Abami w' i rutare ho mu murenge wa rutare mu karere ka Gicumbi kuri ubu. Aha i Rutare hatabarijwe Abami 11 n' Abagabekazi 2, kugeza ubu imisezero (Imva) zikigaragara ni 2 iy' umwami Kigeli IV Rwabugiri yatwaye u rwanda kuva muri 1853 _ 1895 nuwa Nyirayuhi V kanjogera, ahandi ntabimenyetso bigaragara ko hari imisezero kuko n' abaturage bahakoresha mumirimo yabo isanzwe yaburi munsi. [1]
Abami n' Abagabekazi batarijwe i Rutare [2]
[Hindura | hindura inkomoko]- Kigeli IV Rwabugiri yatwaye kuva 1853 _ 1895
- kigeli I Mukobanya yatwaye ahasaga 1378 _ 1411
- Ndahiro II Cyamatare yatwaye ahayinga 1477 _ 1510
- Ruganzu II Ndoli yatwaye ahayinga 1510 _ 1543
- Mutara I Nsoro II Semugeshi yatwaye ahayinga 1543 _ 1576
- Kigeli II Nyamuheshera yatwaye ahayinga 1576 _ 1609
- Mibambwe II Sekarongoro II Gisanura yatwaye ahayinga 1609 _ 1642
- Cyilima II Rujugira yatwaye ahayinga 1675 _ 1708
- Mibambwe III Mutabazi II Sentabyo yatwaye ahayinga 1741 _ 1746
- Yuhi IV Gahindiro yatwaye ahayinga 1746 _ 1802
- Mutara II Rwogera yatwaye ahayinga 1830 _ 1853
Abagabekazi
[Hindura | hindura inkomoko]- Nyiramibambwe III Nyiratamba
- Nyirayuhi V Kanjogera
Abami batabarijwe ahandi
[Hindura | hindura inkomoko]- Gihamba I Ngomijana yatwaye ahasaga 1091 _ 1124 yatabarijwe i Muganza ya Kayenzi muri Kamonyi
- Ruganzu I Bwimba yatwaye ahasaga 1312 _ 1345 yatabarijwe i Nkungu na Munyaga ubu ni muri Rwamagana
- Cyilima I Rugwe yatwaye ahasaga 1345 _ 1378 yatabarijwe i Butangampundu (Mugambazi) ubu ni i Rulindo
- Yuhi II Gahima II yatwaye ahasaga 1444 _ 1477 yatabarijwe i kayenzi ya Muganda ho mu Busigi (Tumba_Byumba) ubu ni i Rulindo
- Mibambwe I Sekarongoro I Mutabazi I tatwaye ahasaga 1411 _ 1444 yatabarijwe i Remera y' abaforongo muri Rulindo
- Yuhi III Mazimpaka yatwaye ahasaga 1642 _ 1575 yatabarijwe mu kibuza cya Nkingo Ku ijuru rya Kamonyi (Yiyahuye mu manga y' urutare)
- Kigeli III Ndabarasa yatwaye ahasaga 1708 _ 1741 yatabarijwe i Kayenzi muri Kamonyi
- Mutara III Rudahigwa yatwaye kuva 1931 _ 1959 yatabarijwe i Mwima ya Busasamana muri Nyanza
- Kigeli V Ndahindurwa yatwaye kuva 1959 _ 1961 yatanze kuwa 15 mutarama 2017, yatabarijwe i Mwima ya Busasamana muri Nyanza
Abagabekazi batabarijwe ahandi [1]
[Hindura | hindura inkomoko]- Nyirakigeli I Nyankuge yatabarijwe ku Kabiza, i Shyorongi , Rilindo
- Nyirayuhi II Matama yatabarijwe i Remera y' Abaforongo, Rulindo
- Nyirakigeli III Rwesero yatabarijwe ku Kabira, Shyorongi, Rulindo
Vuga
[Hindura | hindura inkomoko]
- ↑ 1.0 1.1 https://igihe.com/umuco/amateka/article/ibimenyetso-ndangamateka-by-imisezero-y-abami-b-u-rwanda
- ↑ https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mateka/article/inteko-y-umuco-igiye-kubungabunga-ibigabiro-n-imisezero-by-abami
- ↑ https://www.kigalitoday.com/umuco/amateka/article/menya-abami-n-abagabekazi-batabarijwe-i-rutare-muri-gicumbi-ahaberaga-igiterane