Jump to content

Ikigega cy'Imari yo Gusana Imihanda

Kubijyanye na Wikipedia

Ikigega cy'Imari yo gusana Imihanda RMF(Road Maintenance Fund) n' Ikigo cya letay' u Rwanda cyashinzwe n'itegeko No.49/2013 rya 28/06/2013 ryasohowe mw'igazeti ya leta riteganya inshingano zayo arizo zari gukusanya no gutera inkunga isana ry'imihanda mugihugu hose.[1]

Nubwo iki kigo cyahawe ubwigenge n'itegeko rya 2013,Iki Ikigega cyashyizweho mu mwaka wa 1998 ,mw'iyubaka Igihigu bushyashya nyuma ya Genocide yakorewe abatutsi mu 1994 muburyo bwo kubungabunga no gusana imihanda y'u Rwanda,Kuva cyashingwa, RMF(Road Maintenance Fund) yateye intambwe igaragara mu kubungabunga ndetse no Gusana imihanda nubwo yari ifite amikoro make.[2]

UMUTUNGO W'IKIGEGA

[Hindura | hindura inkomoko]

Ahantu umutungo wiki Kigega uva ni ahantu hatandukanye nk'imisoro ya lisansi na mazutu bingana na 69.4% by'umutungo wiki kigo ,ahandi kandi ni Umuhanda wishyurwa ku binyabiziga biremereye byo mu mahanga - wakwa hakurikijwe amabwiriza ya COMESA, utanga 29.6% byinjira muri RMF.Indi sooko kandi ni amande acibwa aberenga kumategeko yo mumuhanda ,bingana na 1% byinjira muri RMF.[3]

IMIYOBORERE

[Hindura | hindura inkomoko]

RMF ikora nk'ikigo cya Leta cyigenga gifite Inama y'Ubuyobozi, Umuyobozi Mukuru, n'abakozi ba tekinike n'imari,Bagenzurwa na Minisiteri ishinzwe ibikorwa remezo ndetse bagakorana bya hafi n'inzego z'uturere ndetse nizindi nzego za leta[4]

  1. Law No.49/2013 of 28/06/2013
  2. https://rmf.gov.rw/index.php?id=51
  3. Law No.49/2013 of 28/06/2013
  4. Law No.49/2013 of 28/06/2013